Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jeannine Munyeshuli Yirukanywe Muri Guverinoma
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Jeannine Munyeshuli Yirukanywe Muri Guverinoma

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 June 2024 7:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe rivuga ko Jeannine Munyeshuli wari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’imari n’igenamigambi ushinzwe ishoramari rya Leta yirukanywe mu nshingano.

Ni ibikubiye mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Intebe y’u Rwanda ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente ariko mu izina rya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Munyeshuli yinjiye muri Guverinoma muri Kanama, 2023, mbere akaba yari Umuyobozi ushinzwe Ingamba (Chief Strategy Officer) muri Kaminuza yigisha iby’ubuzima izwi nka University of Global Health Equity (UGHE).

Yari yawugiyeho kuva mu Ukuboza 2021, afite ubumenyi n’ubunararibonye mu bijyanye n’ubukungu akaba yaranabaye Umuyobozi wungirije w’Inama y’Ubutegetsi ya Cogebanque.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Munyeshuli yari ashinzwe ishoramari rya Leta, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu mu bijyanye n’ibipimo by’ubukungu n’ibarurishamibare yakuye muri Kaminuza ya Geneva mu Busuwisi.

Kuva mu mwaka wa  2010 yabaye umwe mu bagize Inama y’Umuryango uzwi nka AZAHAR Foundation uyu muryangi ukaba  ugira uruhare mu komora abantu ibikomere by’amakimbirane n’imvururu, aho we yatangaga amasomo n’amahugurwa ya siporo ya Yoga isanzwe izwiho gukora ku mbaraga z’amarangamutima.

 

Communiqué from the Office of the Prime Minister | Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w'Intebe pic.twitter.com/T9HCZp4rmi

— Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) June 3, 2024

TAGGED:featuredImariItangazoMunyeshuri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Amasezerano Mu Buhinzi Hagati Y’u Rwanda Na Guinea Ashingiyeho
Next Article Amakimbirane Mu Ngo Niyo Ntandaro Y’Ubuzima Bubi- Min Uwamariya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?