Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jeannine Munyeshuli Yirukanywe Muri Guverinoma
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Jeannine Munyeshuli Yirukanywe Muri Guverinoma

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 June 2024 7:11 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe rivuga ko Jeannine Munyeshuli wari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’imari n’igenamigambi ushinzwe ishoramari rya Leta yirukanywe mu nshingano.

Ni ibikubiye mu itangazo ryasohowe na Minisiteri y’Intebe y’u Rwanda ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente ariko mu izina rya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame.

Munyeshuli yinjiye muri Guverinoma muri Kanama, 2023, mbere akaba yari Umuyobozi ushinzwe Ingamba (Chief Strategy Officer) muri Kaminuza yigisha iby’ubuzima izwi nka University of Global Health Equity (UGHE).

Yari yawugiyeho kuva mu Ukuboza 2021, afite ubumenyi n’ubunararibonye mu bijyanye n’ubukungu akaba yaranabaye Umuyobozi wungirije w’Inama y’Ubutegetsi ya Cogebanque.

Munyeshuli yari ashinzwe ishoramari rya Leta, afite impamyabumenyi y’icyiciro cya gatatu mu bijyanye n’ibipimo by’ubukungu n’ibarurishamibare yakuye muri Kaminuza ya Geneva mu Busuwisi.

Kuva mu mwaka wa  2010 yabaye umwe mu bagize Inama y’Umuryango uzwi nka AZAHAR Foundation uyu muryangi ukaba  ugira uruhare mu komora abantu ibikomere by’amakimbirane n’imvururu, aho we yatangaga amasomo n’amahugurwa ya siporo ya Yoga isanzwe izwiho gukora ku mbaraga z’amarangamutima.

 

Communiqué from the Office of the Prime Minister | Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w'Intebe pic.twitter.com/T9HCZp4rmi

— Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) June 3, 2024

TAGGED:featuredImariItangazoMunyeshuri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Amasezerano Mu Buhinzi Hagati Y’u Rwanda Na Guinea Ashingiyeho
Next Article Amakimbirane Mu Ngo Niyo Ntandaro Y’Ubuzima Bubi- Min Uwamariya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

‎Gasabo: Bafatanywe Ibilo 31 By’Urumogi Byavaga i Kirehe Bijya i Muhanga

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbuzima

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?