Abaganga baherutse gusuzuma uwahoze ari Perezida wa Amerika, Joe Biden, bamusangana cancer ifata ubugabo kandi iri ku kigero cyo hejuru cyane.
Abo mu Biro bye nibo baraye babitangarije ABC News, ndetse bavuga ko iyo ndwara yageze no mu magufwa.
Itangazo ryo mu Biro bya Biden rivuga ko nubwo iriya cancer ikomeye, idakwiye kugira abo ikura umutima kuko ifite uburyo bwo kugabanyirizwa ubukana, ntimuzonge.
Abanyapolitiki bo muri Amerika barimo na Kamala Harris wari umubereye Visi Perezida yafatanyije n’umugabo we Doug Emhoff gukomeza Biden, bombi bavuga ko bababajwe cyane n’ibyabaye kuri Joe.
Barack Obama hamwe n’umugore we Michelle Obama nawe yavuze ko yifatanyije n’abo mu muryango wa Biden kandi bakomeza kubana nawe ku mutima, bamusabira ngo azivane muri ibyo bibazo amahoro, yongere kugira imbaraga.
Perezida Donald Trump yanditse ku rubuga rwe, Truth Social, ko we na Melanie bababajwe n’iyo nkuru, kandi ko bifurije Joe kugarura agatege bidatinze.
Joe Biden ubu afite imyaka 82 y’amavuko, kuri uyu wa Gatanu ni bwo yagiye kwisuzumisha ngo muganga amubwire uko ubuzima bwe bwifashe, agasanga cancer imugeze habi.
Amakuru y’uburwayi bwa Joe Biden aje hashize hafi umwaka uyu mugabo asabwe kureka kwiyamamariza kongera kuyobora Amerika kubera intege nke z’umubiri.
Niwe muntu wa mbere wayoboye Amerika ashaje kurusha abandi mu mateka yayo.
Ubwo yashakaga kongera gutorerwa kuyobora Amerika, yaje kunengwa kwirengagiza nkana ko ubuzima bwe bugeze ahabi, ahubwo agahitamo icyubahiro cya politiki.
Abo mu ishyaka rye baje kumusaba kuzibukira kwiyamamaza, ahubwo agaharira uwari Visi Perezida we, Kamala Harris waje nawe gutsindwa.
Cancer ifata ubugabo ni iya kabiri mu zihitana abagabo benshi ku isi nyuma ya cancer y’uruhu.
Ikigo CDC cyo muri Amerika kivuga ko iyi ndwara iba izafata abagabo 13 ku bagabo 100 barengeje imyaka 69.
Gusaza nibyo ntandaro nini y’ubwo burwayi.