Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jorge Mario Bergoglio Wavuyemo Papa Francis Yakuranye Uburwayi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Jorge Mario Bergoglio Wavuyemo Papa Francis Yakuranye Uburwayi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 April 2025 4:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu murwa mukuru wa Argentina witwa Buenos Aires niho Jorge Mario Bergoflio waje kuba Papa Francis yavukiye, hari Tariki 17, Ukuboza, 1936.

Akiri muto yarwaye ibihaha bituma hagira igice cy’ibihaha bye gikatwa, kivanwaho.

Yiga mu mashuri yisumbuye, nibwo yatangaje ko yumvise ijwi ry’Imana rimuhamagara ngo azayikorere.

Mu mwaka wa 1969 yabaye Padiri nyuma yo kwiga Tewolojiya iwabo muri Argentina ariko akomereza muri Espagne ibyo kwiha Imana.

Tariki 22, Mata, 1973 nibwo yatangiye kuba umwe mu bihaye Imana b’Abayezuwiti, atangira kuyobora Ihuriro ry’abakozi ba Yezu, Society of Jesus.

Uko yakuraga niko yarushagaho kugira ubumenyi mu bya Tewolojiya ndetse yaje no kwigisha muri Kaminuza yigisha Tewolojiya muri Kaminuza yizemo yigisha muri Facultades de Filosofía y Teología de San Miguel.

Mu mwaka wa 1998 yabaye Archbishop wa Buenos Aires ndetse mu mwaka wa 2001 Papa Yohani Pawulo II amugira Karidinali.

Ubwo uwari Papa Benedict XVI yeguraga ku nshingano zo kuba Papa nibwo Inteko y’Abakaridinari yatoye Bergoglio ngo abe Papa wa 266 wa Kiliziya Gatulika y’i Roma, hari Tariki 13, Werurwe, 2013.

Papa Francis yatabarutse kuri uyu wa Mbere wa Pasika azize uburwayi bwa bya bihaha yarwaye akiri muto, akaba yapfuye afite imyaka 88.

Undi Papa utari uwo mu Burayi waherukaga ku ntebe y’i Roma yabayeho mu myaka 1,200 ishize.

Ni nawe kandi wa Mbere wo mu Bayezuwiti wabaye Papa.

National Geographic ivuga ko Papa yari yarahisemo ubuzima bw’abakene ku buryo yahisemo kwibera ahantu hadasanzwe hagenewe ba Papa.

Niwe witekeraga ibiribwa by’umugoroba, kandi guhera mu mwaka wa 1990 yanzuye kutazongera kureba Televiziyo.

Yari afite abantu bamuha amakuru y’ibibera ku isi, akagira amasaha yo kuruhuka nyuma ya saa sita.

Papa Francis yakundaga abantu bose, agaharanira ko abantu bita ku bidukikije, akavuga ko n’ababana bahuje ibitsina bakwiye guhabwa umwanya mu nshingano za Kiliziya Gatulika, ingingo itavugwaho rumwe.

Kiliziya Gatulika ku isi yanzuye ko hatangira icyunamo cy’iminsi icyenda kubera urupfu rwe.

TAGGED:ArgentinafeaturedFrancisGatulikaKiliziya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Papa Francis Yapfuye
Next Article Kagame Yihanganishije Kiliziya Gatulika Ku Rupfu Rwa Papa Francis
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Ibanga Kepler Yakoresheje Ngo Ihagarare Neza Muri Basket Y’Abagore

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Kwitabira Gufata Irangamimerere Byitabirwe Na Buri Wese- MINALOC 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?