Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Julian Assange Yarekuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Julian Assange Yarekuwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 June 2024 9:47 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umwe mu mfungwa zamamaye kurusha izindi mu myaka myinshi ishize witwa Julian Assange yarekuwe nyuma yo kwemera icyaha. Yari amaze imyaka myinshi afunzwe azira gusohora inyandiko yise zari zikubiyemo amabanga y’ibyo Amerika hamwe n’inshuti zayo bakoreye hirya no hino mu ntambara barwana ku isi.

Uyu mugabo w’imyaka 52 yari amaze igihe afunze, akaba yafunguwe nyuma y’uko Amerika yemeranyije n’Ubwongereza ko arekurwa, ariko yazagera muri Amerika akazemera ko yakoze ibyaha akanabisabira imbabazi.

Uyu muturage wa Australia usanzwe ari umuhanga ukomeye mu by’ikoranabuhanga, yarakaje ubuyobozi bw’Amerika ubwo yatangazaga inyandiko z’ibyo ingabo z’Amerika zakoreye muri Iraq no muri Afghanistan, Amerika ikavuga ko ari amabanga akomeye azashyira n’igihugu mu kaga.

Assange yaje guhungira mu Bwongereza arafungwa, ubu yari amaze imyaka itanu muri gereza.

CBS yanditse ko nagera muri Amerika akemera ibyaha yakoze azahita arekurwa kuko hari indi myaka yari amaze muri gereza zo mu Bwongereza.

Nyuma yo kugera muri Amerika biteganyijwe ko atazahatinda ahubwo azahita akomereza iwabo muri Australia.

Ubuyobozi bw’ikigo yashinze kitwa WikiLeaks bwavuze ko kuri uyu wa Mbere ari bwo Assange yavuye muri gereza yari amazemo iminsi 1,901.

Umugore we witwa Stella Assange yashimiye abantu bose bagize uruhare mu kuvuganira umugabo we, akaba yafunguwe.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo biteganyijwe ko Assange azitaba urukiko ruri ahitwa Northern Mariana Islands kugira ngo atangaze ko yemera icyaha yaregwaga [ariko badatangaza] kugira ngo abone guhabwa imbabazi arekurwe.

Abamwunganiraga mu mategeko bavuga ko yarenganaga kuko ibyo yatangaje ntaho byari bihuriye no gushyira Amerika mu kaga ahubwo ngo yafunzwe kubera impamvu bise ‘iza politiki’.

TAGGED:AmerikaAssangeAustraliafeaturedInyandikoKurekurwa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyanza: RIB Yafunze Umuyobozi W’Ishuri N’Umuzamu Waryo
Next Article Abategarugori Bazindukiye Kwakira Umukandida Wa FPR
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ish Kevin Yinjiye Mu Bufatanye N’Ikigo Gikomeye Gicuruza Umuziki Ku Isi

CNDD-FDD Ishima Ibyo Yagejeje Ku Gihugu, Abayirwanya Bakayinyomoza

Afghanistan: Umutingito Wishe Abantu 600

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Urwibutso Rwa Jenoside Yakorewe Abayahudi Baruhumanyije

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?