Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kabila Aracungira Hafi Uko Ibintu Byifashe Mbere Y’Amatora Ya Perezida
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kabila Aracungira Hafi Uko Ibintu Byifashe Mbere Y’Amatora Ya Perezida

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 June 2023 4:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe hasigaye  igihe gito ngo amatora y’Umukuru w’igihugu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo abe, (ateganyijwe mu Ukuboza, 2023), uwahoze ayobora iki gihugu, Joseph Kabila aherutse gukoresha inama n’abayoboke ababwira ko ari maso.

Bisa n’aho uyu mugabo wigeze kuyobora DRC kugeza mu mwaka wa 2018, afite umugambi wo kongera kwiyamamaza n’ubwo atarerura ngo abivuge.

Aharutse guhuriza abayoboke b’ishyaka rya FCC  ahitwa Kingakati ababwira ko agifite ‘umutima ukunze Congo’.

Kabila yababwiye ko igihe kigeze ngo agaruke, asubize ibintu ku murongo.

Avuga ko igihugu cye kiri mu bibazo cyatewe n’imiyoborere idahwitse.

Ikibabaje, nk’uko umunyamakuru wa Afrikarabia wari muri kiriya kiganiro abivuga, cyane kuri Kabila ni uko iyi rwaserera ikiri mu gihugu mbere y’amezi make ngo kijye mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Icyakora Kabila avuga ko atazitabira ayo matora igihe cyose ibintu bizaba bitarashyirwa ku murongo kugira ngo abe mu mucyo no bwisanzure.

Afrikarabia ivuga ko iyo myumvire ayisangiye n’abandi banyapolitiki barimo Martin Fayulu na Moïse Katumbi.

Mu kiganiro yahaye abari baje kumwumva, yabahishuriye ko atarava mu ruhando rwa Politiki ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Arateganya kuzabwira abaturage ba DRC ijambo rirambuye ku buzima bwe bwa Politiki mu gihe kiri imbere.

Kuva yava ku butegetsi mu mwaka wa 2018, abahoze ari inkoramutima ze bahisemo kumuvaho bagana uruhande rwa Perezida Felix Tshisekedi.

Abo ni uwahoze ari Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Evariste Boshab, uwari ushinzwe ubutabera Célestin Tunda, Léonard She Okitundu, Adolphe Lumanu, André-Alain Atundu na Lambert Mende wari umuvugizi wa Guverinoma ya Kabila.

TAGGED:AmatorafeaturedGuverinomaKabilaMendePolitiki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Pologne Mu Kubaka Ikigo Kigisha Ububanyi N’Amahanga
Next Article Kigali Pélé Stadium Yabuze Uyitaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mozambique: Perezida W’Inteko Kazarwa Yasuye Isoko Ryubatswe Mu Mwaka Wa 1900

Bugesera: Abaturage Bugarijwe N’Inzara

Abanyamahanga Benshi Bafungiwe Mu Rwanda Ni Abo Muri EAC

Nyanza: Polisi Irashakisha Umugabo Ukekwaho Kwica Umugore We

Tanzania: Abaturage Bategetswe Kuguma Mu Rugo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rufunze Abanyamahanga 500 -RCS

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tshisekedi Arabwira Inteko Iby’Ingenzi Aherutse Kwemeranya Na Perezida Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Perezida wa Benin Yabwiye Abaturage Ko Abashatse Kumuhirika Baruhiye Ubusa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?