Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kabila Aracungira Hafi Uko Ibintu Byifashe Mbere Y’Amatora Ya Perezida
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kabila Aracungira Hafi Uko Ibintu Byifashe Mbere Y’Amatora Ya Perezida

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 June 2023 4:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe hasigaye  igihe gito ngo amatora y’Umukuru w’igihugu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo abe, (ateganyijwe mu Ukuboza, 2023), uwahoze ayobora iki gihugu, Joseph Kabila aherutse gukoresha inama n’abayoboke ababwira ko ari maso.

Bisa n’aho uyu mugabo wigeze kuyobora DRC kugeza mu mwaka wa 2018, afite umugambi wo kongera kwiyamamaza n’ubwo atarerura ngo abivuge.

Aharutse guhuriza abayoboke b’ishyaka rya FCC  ahitwa Kingakati ababwira ko agifite ‘umutima ukunze Congo’.

Kabila yababwiye ko igihe kigeze ngo agaruke, asubize ibintu ku murongo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Avuga ko igihugu cye kiri mu bibazo cyatewe n’imiyoborere idahwitse.

Ikibabaje, nk’uko umunyamakuru wa Afrikarabia wari muri kiriya kiganiro abivuga, cyane kuri Kabila ni uko iyi rwaserera ikiri mu gihugu mbere y’amezi make ngo kijye mu matora y’Umukuru w’Igihugu.

Icyakora Kabila avuga ko atazitabira ayo matora igihe cyose ibintu bizaba bitarashyirwa ku murongo kugira ngo abe mu mucyo no bwisanzure.

Afrikarabia ivuga ko iyo myumvire ayisangiye n’abandi banyapolitiki barimo Martin Fayulu na Moïse Katumbi.

Mu kiganiro yahaye abari baje kumwumva, yabahishuriye ko atarava mu ruhando rwa Politiki ya Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

- Advertisement -

Arateganya kuzabwira abaturage ba DRC ijambo rirambuye ku buzima bwe bwa Politiki mu gihe kiri imbere.

Kuva yava ku butegetsi mu mwaka wa 2018, abahoze ari inkoramutima ze bahisemo kumuvaho bagana uruhande rwa Perezida Felix Tshisekedi.

Abo ni uwahoze ari Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Evariste Boshab, uwari ushinzwe ubutabera Célestin Tunda, Léonard She Okitundu, Adolphe Lumanu, André-Alain Atundu na Lambert Mende wari umuvugizi wa Guverinoma ya Kabila.

TAGGED:AmatorafeaturedGuverinomaKabilaMendePolitiki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Na Pologne Mu Kubaka Ikigo Kigisha Ububanyi N’Amahanga
Next Article Kigali Pélé Stadium Yabuze Uyitaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?