Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Ari I Brazzaville
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Ari I Brazzaville

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 April 2022 2:08 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku kibuga cy’indege cy’i Brazzaville, Perezida wa Congo Brazzaville yakiriye mugenzi we uyobora u Rwanda wagiye gusura kiriya gihugu kuri uyu wa Mbere.

Mu nkuru ivuga iby’uru rugendo Taarifa yanditse mu gihe gishize, havugagamo ko Perezida Kagame azasura agace mugenzi we Sassou Nguesso akomokamo ka Oyo.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Congo- Brazaville byari biherutse kwandika kuri Twitter ko Perezida Paul Kagame azakorera muri kiriya gihugu uruzinduko ruzamara amasaha 72.

Azageza ijambo ku bagize Inteko ishinga amategeko y’iki gihugu.

Kuri gahunda y’urugendo rwe, harimo kandi ko azayobora isinywa ry’amasezerano atandukanye y’ubufatanye hagati ya Kigali na Brazzaville.

Kagame azaganira kandi n’abayobozi b’imwe muri Leta z’iki gihugu yitwa Oyo.

Leta ya Oyo niyo Perezida Sassou Nguesso akomokamo. Mu mwaka wa 2013 nabwo Perezida Kagame yarayisuye.

Ubwa mbere Perezida Kagame asura Congo Brazzaville hari mu mwaka wa 2004.

Nyuma y’iki gihe, Abakuru b’ibihugu byombi bakomeje gusurana mu rwego rwo gutsura umubano hagati y’ibihugu bayobora.

U Rwanda na Congo-Brazzaville bikorana mu nzego zitandukanye zirimo ubucuruzi n’ubwikorezi bukoresha indege.

Mbere ya COVID-19, byari bisanzwe ko indege za RwandAir zajyaga muri Brazzaville inshuro ebyiri mu Cyumweru.

 

TAGGED:BrazavilleCongofeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto:Intwaro Abanyaburayi Boherereje Ukraine
Next Article Barebye Aho Iyubakwa Ry’Umuhanda Wa Gari Ya Moshi Mu Muhora Wo Hagati Muri EAC Ugeze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Urugo Rwa Azarias Ruberwa Rwatewe

Abaturage 354 Bagiye Guhabwa Amazi Meza

Ingabo Z’u Rwanda Zasinyanye N’Iz’Ubushinwa Amasezerano Y’Ubufatanye

Rihanna Agiye Kubona Icyo Yari Yarabuze

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?