Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Asaba Abayobozi Ba Afurika Guhuza Ijambo N’Ibikorwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Asaba Abayobozi Ba Afurika Guhuza Ijambo N’Ibikorwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 May 2024 5:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’igihugu Paul Kagame avuga ko bikwiye ko ibyo Abayobozi baba baremeranyijwe mu nama ngo bazabikore mu iterambere rya Afurika baba bagomba kubeshyira mu bikorwa.

Yabivugiye mu nama yitabiriye i Nairobi muri Kenya yateguwe na Banki Nyafurika y’iterambere, Africa Development Bank.

Avuga ko hari ikizere ko ubufatanye bugamije iterambere no gushyira mu bikorwa ibyo abantu bemeranyijeho bizatuma itera imbere kandi mu buryo bwihuse.

Kagame yavuze ko Abanyafurika bakwiye guhuza ijwi kandi bakagirana ibiganiro biganisha ku kubaka Afurika abayituye.

Umukuru w’igihugu avuga ko hari ikizere ko Abanyafurika nibihiruza hamwe Afurika mu myaka micye iri imbere uzaba ufite iterambere ryihuse.

Ati: “Ni gute umuntu waba ushishikajwe no kwimakaza imibereho myiza y’abatuye Isi, yashyira ku ruhande umugabane wacu? Mu bifatika, urebye ku bihari, mu myaka micye, ahantu honyine hazaba hari iterambere ryihuse ni muri Afurika, ni ho honyine. Ni no ku nyungu z’abandi kuko iterambere ryayo rijyana n’iterambere ry’Isi yose.”

Yagaragaje ko hari ibyemeranywaho ariko nyuma y’igihe gito ugasanga byibagiranye.

Ati “Ntidushobora guhunga gukora ibintu twemeranyije kuko tuzi ko ari byo bizatugeza ku byo twifuriza umugabane wacu. Nta yindi nzira iri mu biganza by’umuntu runaka yatugeza ku mpinduka twifuza.”

Umukuru w’Igihugu asanga Isi nayo ubwayo ifite inyungu nyinshi mu iterambere rya Afurika ariko abatuye uyu mugabane bakwiye guhuza.

Yagize ati:“Inyungu za Afurika n’iz’ibihugu biri kuri uyu mugabane, zigomba kwitabwaho bitangiriye kuri twe.”

Usibye Perezida Kagame uri mu bakuru b’ibihugu bitabiriye iyi nama, irimo kandi William Ruto wa Kenya, Denis Sassou Nguesso wa Congo Brazzaville na Hassan Sheikh Mohamud uyobora Somalia.

TAGGED:AfurikafeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Yahaye Ubuvuzi Abaturage Ba Centrafrique
Next Article Leta Y’ u Rwanda Yazamuye Amanota Y’Uko Icunga Ingengo Y’Imari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?