Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Asaba Abayobozi Ba Afurika Guhuza Ijambo N’Ibikorwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Asaba Abayobozi Ba Afurika Guhuza Ijambo N’Ibikorwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 29 May 2024 5:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’igihugu Paul Kagame avuga ko bikwiye ko ibyo Abayobozi baba baremeranyijwe mu nama ngo bazabikore mu iterambere rya Afurika baba bagomba kubeshyira mu bikorwa.

Yabivugiye mu nama yitabiriye i Nairobi muri Kenya yateguwe na Banki Nyafurika y’iterambere, Africa Development Bank.

Avuga ko hari ikizere ko ubufatanye bugamije iterambere no gushyira mu bikorwa ibyo abantu bemeranyijeho bizatuma itera imbere kandi mu buryo bwihuse.

Kagame yavuze ko Abanyafurika bakwiye guhuza ijwi kandi bakagirana ibiganiro biganisha ku kubaka Afurika abayituye.

Umukuru w’igihugu avuga ko hari ikizere ko Abanyafurika nibihiruza hamwe Afurika mu myaka micye iri imbere uzaba ufite iterambere ryihuse.

Ati: “Ni gute umuntu waba ushishikajwe no kwimakaza imibereho myiza y’abatuye Isi, yashyira ku ruhande umugabane wacu? Mu bifatika, urebye ku bihari, mu myaka micye, ahantu honyine hazaba hari iterambere ryihuse ni muri Afurika, ni ho honyine. Ni no ku nyungu z’abandi kuko iterambere ryayo rijyana n’iterambere ry’Isi yose.”

Yagaragaje ko hari ibyemeranywaho ariko nyuma y’igihe gito ugasanga byibagiranye.

Ati “Ntidushobora guhunga gukora ibintu twemeranyije kuko tuzi ko ari byo bizatugeza ku byo twifuriza umugabane wacu. Nta yindi nzira iri mu biganza by’umuntu runaka yatugeza ku mpinduka twifuza.”

Umukuru w’Igihugu asanga Isi nayo ubwayo ifite inyungu nyinshi mu iterambere rya Afurika ariko abatuye uyu mugabane bakwiye guhuza.

Yagize ati:“Inyungu za Afurika n’iz’ibihugu biri kuri uyu mugabane, zigomba kwitabwaho bitangiriye kuri twe.”

Usibye Perezida Kagame uri mu bakuru b’ibihugu bitabiriye iyi nama, irimo kandi William Ruto wa Kenya, Denis Sassou Nguesso wa Congo Brazzaville na Hassan Sheikh Mohamud uyobora Somalia.

TAGGED:AfurikafeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Yahaye Ubuvuzi Abaturage Ba Centrafrique
Next Article Leta Y’ u Rwanda Yazamuye Amanota Y’Uko Icunga Ingengo Y’Imari
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?