Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Asanga Perezida Wa Turikiya Yaba Umuhuza Mu Kibazo Cya DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Asanga Perezida Wa Turikiya Yaba Umuhuza Mu Kibazo Cya DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 January 2025 9:31 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame avuga ko nk’uko mugenzi we wa Turikiya Recep Tayyip Erdoğan yagize uruhare mu gutuma Somalia ibana neza na Ethiopia, binashoboka cyane ko yagira uruhare mu gukemura ikibazo kiri mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Yavuze ko ashimira uruhare rwa Erdoğan mu gukemura amakimbirane yari amaze igihe runaka hagati ya Mogadishu na Addis Ababa.

Kagame yagize ati: “Ndagushimira uruhare rwawe mu buhuza mu makimbirane atandukanye, by’umwihariko ubushize washyize imbaraga mu guhuza Somalia na Ethiopia. Biriya twarabyishimiye. Ntawamenya wabona mugize  uruhare mu gufasha mu gukemura ibibazo biri mu Karere, by’umwihariko ikibazo kiri muri  Repubulika ya Demukarasi ya Congo”.

Erdoğan yemeye ko igihe cyose yasabwa kubigira mo uruhare yiteguye kubikora.

Perezida Kagame yaraye arangije uruzinduko yari arimo muri Turikiya, akaba yarakiriwe mu cyubahiro cy’Umukuru w’igihugu.

Mu ruzinduko rwe,  Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we mu muhezo, nyuma hasinywa amasezerano atandukanye ajyanye n’ubufatanye mu bya gisirikare, ikoranabuhanga rigezweho, itumanaho, imikoranire hagati ya televiziyo z’ibihugu byombi n’ubugenzuzi mu by’indege  za gisivile by’umwihariko burimo kugenzura impanuka no gukora iperereza ku bibazo bikomeye.

Yasuye kandi imva ya Perezida wa mbere wa Turukiya Mustafa Kemal Ataturk ufatwa nk’umuntu washinze iki gihugu gishya.

Uwari usanzwe ari umuhuza hagati ya Kigali na Kinshasa ni Perezida wa Angola João Lourenço wa Angola wagenwe n’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.

Icyakora bisa naho byamugoye kuko kugeza n’ubu intambara igikomeje.

TAGGED:DRCfeaturedIntambaraKagameRwandaTurikiya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article I Goma Batangiye Guhungira Mu Rwanda
Next Article Kenya: Yafatanywe Ibice By’Umubiri W’Umugore We Mu Gikapu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?