Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Avuga Ko Guhagarika Inkunga Ya USAID Nibigira Ingaruka Ku Rwanda Bizarusigira Isomo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Kagame Avuga Ko Guhagarika Inkunga Ya USAID Nibigira Ingaruka Ku Rwanda Bizarusigira Isomo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 February 2025 8:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Kagame avuga ko yemeranya ku ngingo nyinshi na mugenzi we wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump uherutse guhagarika inkunga ya USAID yagenerwaga amahanga.

Ibi aherutse kubitangariza umunyamakuru wa CNN, Larry Madowo, wari umubajije niba guhagarika inkunga bitazagira ingaruka ku Rwanda.

Kagame yabwiye Madowo ko guhagarika inkunga nibigira ingaruka ku Rwanda bizarusigira amasomo.

Yavuze ko ibihugu bya Afurika bikwiriye gutangira kwiga uburyo byabaho bidategereje abayisindayiza.

Ati “Mu buryo budasanzwe Perezida Trump akoresha yita ku bintu, nemeranya nawe kuri byinshi”.

Igisubizo cye cyatunguye Madowo amubaza niba guhagarika iriya nkunga bidashobora kuzahungabanya imishinga Amerika itera inkunga binyuze muri USAID.

Kagame yamubwiye ati: “Ntekereza ko nyuma yo kugirwaho ingaruka n’ibyo byemezo, bishobora kudufasha kwiga amasomo atandukanye. Tugakora ibyo tudakora kandi twakagombye kuba tubikora. Mu by’ukuri iki kintu cy’inkunga ntabwo nigeze nemeranya na cyo nubwo zatugiriye akamaro”.

Kenshi Perezida Kagame yavuze ko Afurika igomba kwiyubakira ubushobozi ikabyaza umusaruro ibyo ifite aho guhora itegereje ak’imuhana.

Mu nama nyinshi yatanzemo ibiganiro n’aho yaganirije abanyamakuru, Perezida Kagame yavuze ko abatuye Afurika bifitemo byose byatuma batera imbere.

Mu mwaka w’ingengo y’imari watangiye mu Ukwakira 2023, ukarangira muri Nzeri 2024, Amerika yahaye u Rwanda inkunga ingana na $126.457.175.

Amenshi muri yo yakoreshejwe mu rwego rw’ubuzima kuko rwashyizwemo arenga gato miliyoni $ 58, iterambere ry’ubukungu hajyamo arenga miliyoni $ 18, mu gihe mu bijyanye no gushyigikira gahunda zitandukanye z’igihugu hatanzwemo miliyoni $17.

Perezida Kagame yavuze kenshi ko Afurika izatezwa imbere n’urubyiruko kuko ari rwo rugize umubare munini w’abayituye.

U Rwanda kandi rusanganywe gahunda zo kwiyubakira ubushobozi mu bukungu binyuze mu kuzigama no gukoresha neza inkunga ruhabwa n’amahanga.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa ubwo yagezaga ku Badepite ishingiro ry’umushinga w’ingengo y’imari ivuguruye ya 2024/2025, ku wa 5 Gashyantare 2025, yavuze ko nta mafaranga ya USAID yanyuzwaga mu ngengo y’imari ya Leta y’u Rwanda.

Yamenyesheje Abadepite ko guhagarika iriya nkunga bitazahungabanya ibikorwa Leta yateganyije.

TAGGED:AmerikafeaturedInkungaKagameRwandaUSAID
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abaganga Babaga Ni Bake Bwikube Icumi Ku Barwayi Babikeneye
Next Article Kagame Yageze Dar es Salaam Mu Nama Ikomeye Yiga Ku Bibazo Bya DRC
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?