Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Na Madamu Bifatanyije Mu Isabukuru Y’Amavuko Ya Tito Rutaremara
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Na Madamu Bifatanyije Mu Isabukuru Y’Amavuko Ya Tito Rutaremara

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 November 2024 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mzee Tito Rutaremera yaraye yizihije isabukuru y’imyaka 80 amaze avutse, ibi birori bikaba byitabiriwe na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.

Amateka y’ubuzima bw’inararibonye Tito Rutaremara:

Yujuje imyaka 80 y’amavuko

Tito Rutaremara yavutse mu mwaka wa 1944, avukira muri Kiziguro muri Gatsibo mu Ntara y’Uburasirazuba.

Imyaka itanu y’amashuri abanza yayigiye i Kiziguro h’aho umwaka wa Gatandatu awigira mu Ruhengeri muri Nemba.

Nyuma yize imyaka ibiri mu Isemiranari ku Rwesero ndetse yiga umwaka umwe n’igice muri St Andre, ari bwo we n’umuryango we bahitaga bahunga bajya muri Uganda.

Ageze muri Uganda n’umuryango we, yaje gushaka ishuri ndetse araribona, yiga mu ishuri rikuru mu bijyanye no kwigisha ndetse ahakura Bourse yo kujya kwiga mu Bufaransa ahakura Licence, Maîtrise na Doctorat.

Hon.Tito Rutaremara yakoze imirimo myinshi.  Niwe wari umuyobozi w’akanama kashyizeho FPR-Inkotanyi mu mwaka wa  1987, yabaye mu ishyaka NRM riyoboye Uganda  ubwo ryafataga ubutegetsi Museveni akajya ku buyobozi mu mwaka wa 1986.

Rutaremara yayoboye akanama kashinze Umuryango FPR Inkotanyi mu mwaka wa 1987

Nk’umwe mu mpuguke n’inararibonye u Rwanda rufite, mu 2019 yagizwe Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu Ngishwanama rw’Inararibonye, asimbuye Dr. Iyamuremye Augustin wari wagizwe  Umusenateri akanatorerwa kuba Perezida wa Sena.

Tito Rutaremara kandi yabaye Umunyamabanga Mukuru wa FPR-Inkotanyi (1987-1989), aba Komiseri ushinzwe Ubukangurambaga (1989-1991) ndetse aba Umuhuzabikorwa wa Politiki n’igisirikare (1991-1993).

Yabaye Umudepite (1995-2000), ayobora Komisiyo yo gushyiraho Itegeko Nshinga riyobora u Rwanda muri iki gihe (2000-2003), aba Umuvunyi Mukuru (2003-2012) aba n’Umusenateri.

TAGGED:AbaturagefeaturedInararibonyeJeannetteKagameMadamuRutaremaraSenateri
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ntibitura Yagizwe Guverineri W’Intara Y’Uburengerazuba
Next Article Wayz Na Juno Bongeye Kugaragarizanya Urukundo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?