Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
ImikinoMu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 September 2025 7:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Kagame ubwo yari aageze aho iki gikorwa cyabereye.
SHARE

Nyuma yo guhabwa umudali umushimira uruhare yagize mu gutegura no gutuma isiganwa ry’amagare ku rwego rw’isi ribera mu Rwanda, Perezida Paul Kagame yabwiye abariteguye ko bahawe ikaze mu gihugu igihe cyose bazagarukira.

Umudali yahawe usanzwe uhabwa abantu babaye indashyikirwa mu guteza imbere umukino wo gusiganwa mu magare, akaba yawuhawe na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI) David Lappartient.

Yawuhawe na Perezida w’Ishyirahamwe ry’Imikino yo Gusiganwa ku Magare (UCI) David Lappartient.

Uyu nawe aherutse gutorerwa gukomeza kuyobora iri shyirahamwe ku rwego rw’isi muri manda y’imyaka itanu.

Mu musangiro waraye ubereye muri Kigali Convention Center niho Perezida Kagame yaherewe uwo mudali, igikorwa cyari kitabiriwe kandi n’Igikomangoma cya Monaco ari we Albert II.

David Lappartient yavuze ko Umujyi wa Kigali wakoze amateka yo kuba uwa mbere muri Afurika wakiriye Shampiyona y’isi y’Amagare.

Ni umusangiro wabereye muri Kigali Convention Center

Yanavuze ko ubuyobozi bwawo by’umwihariko n’ubw’igihugu muri rusange, bwayiteguye neza, abafana baraboneka, abakinnyi bakora akazi kabo kandi kugeza ubwo yabivugaga, ibintu byose byagenze neza.

Nyuma yo guhabwa umudali rero, Perezida Paul Kagame yashimye ko ubuyobozi bwa ririya shyirahamwe bwahisemo u Rwanda ngo rube igihugu cyanditse ayo amateka muri Afurika.

Ati: “Ndagushimiye ku bw’impano idasanzwe mumpaye. Ntabwo ntakinnye mu isiganwa ariko natsinze, mwakoze cyane. Ndashimira ababikoze kuko babikoranye umurava nta kudohoka. Mumenye ko imbaraga zanyu zitagendeye ubusa, mwarakoze cyane.”

Yongeyeho ko iri siganwa ryagaragaje urukundo abafana b’i Kigali bakunda igare  binyuze mu kwitabira kurifana.

u Rwanda ruzahora rwibukirwa no k’ukuba rwarakiriye neza iri siganwa mpuzamahanga. Ifoto:UMUSEKE.RW

Yababwiye ko igihe cyose bazashakira kugaruka mu Rwanda, bazaza bisanga.

Kagame ati: “u Rwanda rutewe ishema no kugira uruhare muri ibi bihe by’amateka yo gusiganwa ku magare. Mu Rwanda muhafate nko mu rugo, tuzakomeza kubakirana yombi.”

Kagame yababwiye ko bahawe ikaze mu Rwanda igihe cyose bazarusurira.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 28 Nzeri 2025, ni bwo Shampiyona y’Isi y’Amagare yabereye i Kigali irangira.

Abagabo nibo bari burirangize basiganwa intera ndende kurusha izindi zose kandi igoye kuko ireshya na kilometero 267,5 bakaza gutangira gusiganwa saa 09:45 kugeza saa 16:45.

Iyi shampiyona imaze imyaka 103 kuko yatangiye gukinwa bwa mbere mu mwaka wa 1893.

Icyo gihe yabereye i Chicago muri Leta zunze ubumwe z’Amerika.

Ku byerekeye isiganwa rusange mu bagore ryaraye ribaye, Umunya-Canada Magdeleine Vallieres w’imyaka 24 niwe waritwaye amaze gukoresha amasaha ane, iminota 34 n’amasogonda 47.

We na bagenzi be batanguranwaga gutsinda bagenze kilometero 164.6.

Abanyarwandakazi barimo ni Ingabire Diane, Irakoze Violette, Nirere Xaverine na Nzayisenga Valentine kandi nta n’umwe washoboye kurangiza iyo ntera yose.

Amafoto: Urugwiro Village

TAGGED:AbafanaAmagarefeaturedIsiganwaKagameKigaliUmudaliUmujyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ambasaderi Nyamvumba Yahaye Rayon Sports Umukoro
Next Article Ese Netanyahu Azasinya Inyandiko Ya Amerika Yo Kurangiza Intambara Na Hamas?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

Nduhungirehe Ashimangira Ko FDLR Ikiri Ikibazo K’u Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Kapiteni Wa Kiyovu Sports Yahaniwe Imyitwarire Mibi

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

IVUGURUYE: Umuyobozi W’Ikirenga Wa Qatar Yageze i Kigali

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Nta Muntu Uri Hejuru Y’Amategeko- Rutikanga Avuga Ku Ifungwa Ry’Abanya Sudani

Igitutu Cya Trump Kuri Ukraine Ngo Ikunde Ibone Amahoro

Abajenerali 21 Ba DRC Baravugwaho Kuyigambanira

You Might Also Like

Ubukungu

Mu Mezi Icyenda BK Yungutse Miliyari Frw 83.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Abanya Eritrea Baba Muri Amerika Baje Gushora Mu Mikino Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?