Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yabwiye Abayobozi Bakuru Ko Muri Bo Nta Kamara Ibarimo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yabwiye Abayobozi Bakuru Ko Muri Bo Nta Kamara Ibarimo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 June 2024 2:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu ijambo yavuze ubwo yakiraga indahiro y’abayobozi bashya baherutse gushyirwa muri Guverinima, Perezida Kagame yabasabye gukorana imbaraga no gukorana hagati yabo kandi bakazirikana ko umwanya barimo hari undi wari buwujyemo bityo bakita ku nshingano zabo.

Perezida Kagame avuga ko ubusanzwe umuntu ufite inshingano aba agomba kumva ko ari ize kandi ko akwiye kuzubahiriza neza.

Avuga ko abarahiye ari abantu bari basanzwe mu nshingano runaka bityo ko yizeye ko n’aho bagiye n’aho bazabigenza batyo.

Yongeye kubasaba kwirinda kuranzika ibintu usange nyuma y’igihe runaka ari bwo bikozwe kandi icyo gihe ibintu biba byaradindiye cyane.

Ati: “Abayobozi ntabwo bagiraho ikuzo, ntabwo bagiraho kwitekereza gusa[..] Utekereza inshingano, utekereza impamvu ufite izo nshingano. Ni ugukorera abandi mu gihugu batari muri uwo mwanya”.

Avuga ko umwanya buri wese arimo aba akwiye kuwubyaza umusaruro kandi mu nyungu rusange z’abaturage.

Kuri uyu wa Gatanu abarahiye ni Olivier Nduhungirehe wabaye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Yousouf Murangwa wabaye Minisitiri w’imari n’igenamigambi, Major General Ephrem Rurangwa wahawe kuyobora ishami ry’ingabo z’u Rwanda zishinzwe ubuvuzi ndetse n’umwungirije.

Undi warahiye ni Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Uwimana Consolée, Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ishoramari rya Leta no kwegeranya Imari, Mutesi Rusagara n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo, Kabera Olivier barahiriye gutangira inshingano zabo muri guverinoma.

TAGGED:featuredKagameMinisitiriPerezida
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya: Umupolisi Mukuru Yarasiwe Mu Rukiko
Next Article Jeannette Kagame Yashimiye Uko AVEGA Yafashije Abapfakazi Kwiyubaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Ebola Yagarutse Muri DRC

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?