Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yabwiye UN Ko Abanyarwanda Bigejeje Ku Byo Bafite Kubera Ubudaheranwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yabwiye UN Ko Abanyarwanda Bigejeje Ku Byo Bafite Kubera Ubudaheranwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2023 6:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yabwiye abitabiriye Inteko rusange ko ibyo Abanyarwanda bagezeho mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye byatewe n’uko banze guheranwa n’ibyababayeho.

Yavuze ko u Rwanda rukorana n’ibigo mpuzamahanga mu guhangana n’ibibazo biri ahandi muri Afurika cyane cyane ahatari amahoro.

Avuga kandi ko rukora uko rushoboye kugira ngo ibikubiye mu migambi y’iterambere rirambye ( SDGs) bigerweho.

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame avuga ko hakiri imbogamizi z’uko hari imiryango mpuzamahanga Afurika yahejwemo kandi nayo igomba kugira icyo iyitangamo ubufasha.

Kagame kandi yasabye ko imyenda iremereye Afurika hashakwa uko yoroshywa kuko ikomeje kuyibera umugogoro.

Muri uyu mujyo ariko ashima gahunda yashyizweho yiswe Bridgetown Initiative ndetse n’ikiswe New Global Financing Pact.

Kagame kandi ashima ko ikigega mpuzamahanga cyo kurinda ibidukikije Green Climate Fund cyashyizeho uburyo bwo gufasha ibihugu bikennye kubona amafaranga yabifasha guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Perezida Kagame avuga ko Afurika n’ibirwa byayo bito bishaka gukorana n’amahanga mu gukemura ibi bibazo.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagarutse no ku kibazo cy’abimukira bahora bashyira ubuzima bwabo mu kaga bajya gushakira amaramuko ahandi.

Avuga ko u Rwanda rwo rwahisemo kuzababera urugo batahamo bakumva baguwe neza, rukabikorana n’abafatanyabikorwa barimo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku mpunzi.

Umukuru w’igihugu yagarutse ku ngingo nyinshi u Rwanda rukorana n’amahanga ariko aboneraho no gutumira abagize UN kuzaza kwifatanya n’Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi bizaba mu mwaka wa 2024.

TAGGED:JenosideKagameRwandaUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inzibutso Enye Zemejwe Kujya Mu Murage W’Isi
Next Article Kuba Rusesabagina Yarasubiye Mu Byo Yahozemo Tuzabishakira Umurongo-Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Alexis Dusabe Azakoresha Igitaramo Azashimiramo Imana Aho Imugejeje

PM Nsengiyumva Ashima Ko Ubukucuzi Bw’Amabuye Y’Agaciro Bwahaye Akazi Abantu 92,000

Bidatinze U Rwanda Ruratangira Gukoresha Ifaranga Koranabuhanga- BNR

Putin Arahura N’Umujyanama Wa Trump Bongere Kuganira Kuri Ukraine

Ikibazo Cy’Abarobyi Ba DRC Bambuwe Ibikoresho N’Ingabo Za Angola Kirahangayikishije

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

Guinea-Bissau: Perezida Umaro Sissoco Embaló Yahiritswe K’Ubutegetsi

You Might Also Like

Mu Rwanda

Murigande Muri Sena, Kayitesi Muri MINAFFET,…Impinduka Muri Guverinoma Y’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

BNR Ivuga Ko Ubukungu Bw’u Rwanda Bukomeje Guhagarara Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

RBC Iributsa Urubyiruko Kwisuzumisha Rukamenya Uko Ruhagaze Ku Bwandu Bwa SIDA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gisagara: Bakurikiranyweho Guca Umucuruzi Ijosi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?