Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yabwiye UN Ko Abanyarwanda Bigejeje Ku Byo Bafite Kubera Ubudaheranwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yabwiye UN Ko Abanyarwanda Bigejeje Ku Byo Bafite Kubera Ubudaheranwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 September 2023 6:02 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yabwiye abitabiriye Inteko rusange ko ibyo Abanyarwanda bagezeho mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ibaye byatewe n’uko banze guheranwa n’ibyababayeho.

Yavuze ko u Rwanda rukorana n’ibigo mpuzamahanga mu guhangana n’ibibazo biri ahandi muri Afurika cyane cyane ahatari amahoro.

Avuga kandi ko rukora uko rushoboye kugira ngo ibikubiye mu migambi y’iterambere rirambye ( SDGs) bigerweho.

Ku rundi ruhande, Perezida Kagame avuga ko hakiri imbogamizi z’uko hari imiryango mpuzamahanga Afurika yahejwemo kandi nayo igomba kugira icyo iyitangamo ubufasha.

Kagame kandi yasabye ko imyenda iremereye Afurika hashakwa uko yoroshywa kuko ikomeje kuyibera umugogoro.

Muri uyu mujyo ariko ashima gahunda yashyizweho yiswe Bridgetown Initiative ndetse n’ikiswe New Global Financing Pact.

Kagame kandi ashima ko ikigega mpuzamahanga cyo kurinda ibidukikije Green Climate Fund cyashyizeho uburyo bwo gufasha ibihugu bikennye kubona amafaranga yabifasha guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere.

Perezida Kagame avuga ko Afurika n’ibirwa byayo bito bishaka gukorana n’amahanga mu gukemura ibi bibazo.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yagarutse no ku kibazo cy’abimukira bahora bashyira ubuzima bwabo mu kaga bajya gushakira amaramuko ahandi.

Avuga ko u Rwanda rwo rwahisemo kuzababera urugo batahamo bakumva baguwe neza, rukabikorana n’abafatanyabikorwa barimo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kwita ku mpunzi.

Umukuru w’igihugu yagarutse ku ngingo nyinshi u Rwanda rukorana n’amahanga ariko aboneraho no gutumira abagize UN kuzaza kwifatanya n’Abanyarwanda mu kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi bizaba mu mwaka wa 2024.

TAGGED:JenosideKagameRwandaUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inzibutso Enye Zemejwe Kujya Mu Murage W’Isi
Next Article Kuba Rusesabagina Yarasubiye Mu Byo Yahozemo Tuzabishakira Umurongo-Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Inshuti Ya Trump Yishwe 

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?