Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yageneye Inzego z’Umutekano Ubutumwa Bwihariye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yageneye Inzego z’Umutekano Ubutumwa Bwihariye

admin
Last updated: 31 December 2021 7:20 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yashimye ubwitange bwaranze inzego z’umutekano muri uyu mwaka wa 2021 ugeze ku musozo, nubwo ari umwaka waranzwe n’imbogamizi nyinshi zaba iz’imbere mu gihugu cyangwa hanze yacyo.

Ni ubutumwa Umukuru w’igihugu akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yageneye inzego zose z’umutekano, bujyanye n’umwaka urangiye no kubifuriza umwaka mushya muhire.

Yavuze ko mu izina rya Guverinoma, Abanyarwanda n’izina rye bwite, yifuriza ba Ofisiye n’andi mapeti muri RDF no mu zindi nzego z’umutekano n’imiryango yabo, iminsi mikuru myiza n’umwaka mushya uzarangwa n’umusaruro mwinshi.

Yakomeje ati “Ndifuza no kubashimira ubwitange n’umuhate mwagaragaje mu kuzuza inshingano zanyu zo kurengera no kurinda abaturage b’u Rwanda muri uyu mwaka wa 2021, igihe cyaranzwe n’imbogamizi nyinshi haba mu gihugu no hanze yacyo.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida Kagame yavuze ko nubwo habayeho izo mbogamizi zirimo icyorezo cya COVID-19, inzego z’umutekano z’u Rwanda zakoze ibishoboka zikageza ku byo zari zitezweho ndetse zikarenzaho, mu bwitange n’ubunyamwuga.

Yakomeje ati “Igihugu cyanyu mugiteye ishema. Mfashe uyu mwanya ngo nshime by’umwuhariko abari mu butumwa mu mahanga, byaba binyuze mu bwumvikane bw’ibihugu byombi cyangwa mu butumwa bwo kugarura amahoro.”

“Kuba kure y’abo mukunda, by’umwihariko mu gihe cy’iminsi mikuru, ni uburyo bwihariye bwo kugaragaza uburyo mwiyemeje kwitangira amahoro n’ituze ku mugabane wacu no hanze yawo. Igihugu cyose cyishimira umurimo mukora.”

Binyuze mu bwumvikane bw’ibihugu, inzego z’umutekano z’u Rwanda zirimo gutanga umusanzu muri Repubulika ya Centrafrique no muri Mozambique, aho zagize uruhare mu kwirukana umutwe w’iterabwoba wari wibasiye intara ya Cabo Delgado.

Ni mu gihe binyuze mu butumwa bw’amahoro, u Rwanda rufite ingabo n’abapolisi mu bihugu bya Repubulika ya Centrafrique na Sudan y’Epfo.

- Advertisement -

Perezida Kagame yavuze ko mu gihe hatangira umwaka mushya, inzego z’umutekano zikwiye gukomera ku ndangagaciro ziranga Abanyarwanda.

Yabasabye kurushaho kwitangira u Rwanda no gukorana umuhate kugira ngo zikomeze kugirirwa n’Abanyarwanda kimwe n’abafatanyabikorwa.

TAGGED:featuredPaul KagamePolisi y'u RwandaRCSRDF
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Turikiya Yatangiye Guha Abaturage Urukingo Rwa COVID Yikoreye
Next Article Imikino Ya Shampiyona Mu Rwanda Yahagaritswe  
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?