Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yagiranye Ibiganiro n’Intumwa Yihariye Ya Amerika Mu Ihembe Rya Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yagiranye Ibiganiro n’Intumwa Yihariye Ya Amerika Mu Ihembe Rya Afurika

admin
Last updated: 24 June 2021 6:24 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Jeffrey Feltman, Intumwa yihariye ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bihugu bigize agace k’ihembe rya Afurika.

Jeffrey Feltman aheruka kuzenguruka ibihugu byo muri ako karere mu rugendo rwa mbere yakoze nyuma yo guhabwa ziriya nshingano, rwabaye hagati ya tariki 4 na 13 Gicurasi 2021. Yagiye mu bihugu bya Misiri, Eritrea, Sudan na Ethiopia.

Ari mu ruzinduko mu Rwanda mu gihe mu nshingano yahawe ubwo yashyirwagaho na Joe Biden harimo kugira uruhare mu gushakira umuti ikibazo kijyanye n’urugomero rwa Grand Ethiopian Renaissance Dam (GERD), rukomeje guteza amakimbirane hagati ya Ethiopia, Sudan na Misiri.

Biriya bihugu bishinja Ethiopia gushaka kugabanya amazi ya Nil abigeraho, kandi ruriya ruzi rubifatiye runini. Abahanga mu bumenyi bw’isi bavuga ko Nil itabayeho, Misiri yahinduka ubutayu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni amakimbirane amaze iminsi ndetse akomeza kugenda agira isura y’ikibazo gishobora guteza intambara hagati y’ibihugu.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye ari abahuza muri iki kibazo, ariko ubu kiri mu ntoki z’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU.

Kuri uyu wa Kane habaye inama y’ubuyobozi ya AU igamije guhanahana amakuru kuri GERD, yayobowe na Perezida Felix Tshisekedi, uyoboye AU muri uyu mwaka.

Hemejwe ko azageza raporo ku muryango, kuri iki kibazo. Yashimangiye ko ibibazo bya Afurika bigomba gucocerwa muri AU, bityo impande zirebwa n’iki kibazo zizakomeza kuganirira mu muryango.

Perezida Kagame ni umwe mu bayobozi bakunze kwitabazwa mu gushakira umuti ibibazo bishamikiye kuri ruriya rugomero n’ibindi bireba akarere na Afurika.

- Advertisement -

Mu ruzinduko Feltman aheruka kugirira muri aka karere, yashimangiye ko ibyemezo birimo gufatwa muri iki gice kimwe no mu gihe kiri imbere, bifite icyo bivuze gikomeye ku baturage no ku nyungu za Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yanaganiriye n’abayobozi ba Ethiopia, Sudan na Misiri, harebwa ku mpungenge za buri gihugu ku mutekano wacyo bijyanye n’amazi ya Nil.

Icyo gihe ibiro bya Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga byatangaje ko “Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziteguye gutanga ubufasha mu bya politiki na tekiniki hagamijwe ko bitanga umusaruro.”

Muri Ethiopia yaganiriye n’ubuyobozi ku bibazo by’umutekano mu gace ka Tigray, aho kugeza ubu hagikenewe ubutabazi bwihariye kubera ingaruka z’intambara imaze igihe ishyamiranyije ingabo za Leta na Tigray People’s Liberation Front.

Ku ruhande rwa Eritrea, mu byo baganiriye na Perezida Isaias Afwerki harimo ko ingabo z’icyo gihugu zavanwa muri Ethiopia.

Muri Sudan, Feltman yashimangiye ko Amerika izakomeza gufasha iki gihugu kurenga inzibacyuho kirimo nyuma yo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Omar el Bashir, bityo Sudan igafata umwanya ikwiye mu karere.

Icyo gihe byatangajwe Feltman azongera kugirira urugendo mu karere mu gihe cya vuba, mu mugambi wo gukomeza ibikorwa bya dipolomasi mu izina rya Perezida Joe Biden n’Umunyamabaga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga Antony Blinken.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Jeffrey Feltman
TAGGED:featuredJeffrey FeltmanJoe BidenPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inka Israel Yahaye Umunyarwandakazi W’I Gisagara Yahise Ibyara
Next Article Perezida Buhari Wa Nigeria Yagiye Mu Bwongereza Kwivuza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?