Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yagiranye Ibiganiro n’Intumwa Yihariye Ya Amerika Mu Ihembe Rya Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yagiranye Ibiganiro n’Intumwa Yihariye Ya Amerika Mu Ihembe Rya Afurika

admin
Last updated: 24 June 2021 6:24 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Jeffrey Feltman, Intumwa yihariye ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bihugu bigize agace k’ihembe rya Afurika.

Jeffrey Feltman aheruka kuzenguruka ibihugu byo muri ako karere mu rugendo rwa mbere yakoze nyuma yo guhabwa ziriya nshingano, rwabaye hagati ya tariki 4 na 13 Gicurasi 2021. Yagiye mu bihugu bya Misiri, Eritrea, Sudan na Ethiopia.

Ari mu ruzinduko mu Rwanda mu gihe mu nshingano yahawe ubwo yashyirwagaho na Joe Biden harimo kugira uruhare mu gushakira umuti ikibazo kijyanye n’urugomero rwa Grand Ethiopian Renaissance Dam (GERD), rukomeje guteza amakimbirane hagati ya Ethiopia, Sudan na Misiri.

Biriya bihugu bishinja Ethiopia gushaka kugabanya amazi ya Nil abigeraho, kandi ruriya ruzi rubifatiye runini. Abahanga mu bumenyi bw’isi bavuga ko Nil itabayeho, Misiri yahinduka ubutayu.

Ni amakimbirane amaze iminsi ndetse akomeza kugenda agira isura y’ikibazo gishobora guteza intambara hagati y’ibihugu.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye ari abahuza muri iki kibazo, ariko ubu kiri mu ntoki z’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU.

Kuri uyu wa Kane habaye inama y’ubuyobozi ya AU igamije guhanahana amakuru kuri GERD, yayobowe na Perezida Felix Tshisekedi, uyoboye AU muri uyu mwaka.

Hemejwe ko azageza raporo ku muryango, kuri iki kibazo. Yashimangiye ko ibibazo bya Afurika bigomba gucocerwa muri AU, bityo impande zirebwa n’iki kibazo zizakomeza kuganirira mu muryango.

Perezida Kagame ni umwe mu bayobozi bakunze kwitabazwa mu gushakira umuti ibibazo bishamikiye kuri ruriya rugomero n’ibindi bireba akarere na Afurika.

Mu ruzinduko Feltman aheruka kugirira muri aka karere, yashimangiye ko ibyemezo birimo gufatwa muri iki gice kimwe no mu gihe kiri imbere, bifite icyo bivuze gikomeye ku baturage no ku nyungu za Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yanaganiriye n’abayobozi ba Ethiopia, Sudan na Misiri, harebwa ku mpungenge za buri gihugu ku mutekano wacyo bijyanye n’amazi ya Nil.

Icyo gihe ibiro bya Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga byatangaje ko “Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziteguye gutanga ubufasha mu bya politiki na tekiniki hagamijwe ko bitanga umusaruro.”

Muri Ethiopia yaganiriye n’ubuyobozi ku bibazo by’umutekano mu gace ka Tigray, aho kugeza ubu hagikenewe ubutabazi bwihariye kubera ingaruka z’intambara imaze igihe ishyamiranyije ingabo za Leta na Tigray People’s Liberation Front.

Ku ruhande rwa Eritrea, mu byo baganiriye na Perezida Isaias Afwerki harimo ko ingabo z’icyo gihugu zavanwa muri Ethiopia.

Muri Sudan, Feltman yashimangiye ko Amerika izakomeza gufasha iki gihugu kurenga inzibacyuho kirimo nyuma yo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Omar el Bashir, bityo Sudan igafata umwanya ikwiye mu karere.

Icyo gihe byatangajwe Feltman azongera kugirira urugendo mu karere mu gihe cya vuba, mu mugambi wo gukomeza ibikorwa bya dipolomasi mu izina rya Perezida Joe Biden n’Umunyamabaga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga Antony Blinken.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Jeffrey Feltman
TAGGED:featuredJeffrey FeltmanJoe BidenPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inka Israel Yahaye Umunyarwandakazi W’I Gisagara Yahise Ibyara
Next Article Perezida Buhari Wa Nigeria Yagiye Mu Bwongereza Kwivuza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Abanyakigali Bakomeje Kugemurirwa Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rubavu: Minisitiri W’Intebe Yasuye Inganda Zikora Ku Kiyaga Cya Kivu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

Ebola Yagarutse Muri DRC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Polisi Yafunze Ahengerwaga Inzoga Yitwa Karigazoke

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?