Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yagiranye Ibiganiro n’Intumwa Yihariye Ya Amerika Mu Ihembe Rya Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yagiranye Ibiganiro n’Intumwa Yihariye Ya Amerika Mu Ihembe Rya Afurika

Last updated: 24 June 2021 6:24 pm
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro Jeffrey Feltman, Intumwa yihariye ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu bihugu bigize agace k’ihembe rya Afurika.

Jeffrey Feltman aheruka kuzenguruka ibihugu byo muri ako karere mu rugendo rwa mbere yakoze nyuma yo guhabwa ziriya nshingano, rwabaye hagati ya tariki 4 na 13 Gicurasi 2021. Yagiye mu bihugu bya Misiri, Eritrea, Sudan na Ethiopia.

Ari mu ruzinduko mu Rwanda mu gihe mu nshingano yahawe ubwo yashyirwagaho na Joe Biden harimo kugira uruhare mu gushakira umuti ikibazo kijyanye n’urugomero rwa Grand Ethiopian Renaissance Dam (GERD), rukomeje guteza amakimbirane hagati ya Ethiopia, Sudan na Misiri.

Biriya bihugu bishinja Ethiopia gushaka kugabanya amazi ya Nil abigeraho, kandi ruriya ruzi rubifatiye runini. Abahanga mu bumenyi bw’isi bavuga ko Nil itabayeho, Misiri yahinduka ubutayu.

Ni amakimbirane amaze iminsi ndetse akomeza kugenda agira isura y’ikibazo gishobora guteza intambara hagati y’ibihugu.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye ari abahuza muri iki kibazo, ariko ubu kiri mu ntoki z’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, AU.

Kuri uyu wa Kane habaye inama y’ubuyobozi ya AU igamije guhanahana amakuru kuri GERD, yayobowe na Perezida Felix Tshisekedi, uyoboye AU muri uyu mwaka.

Hemejwe ko azageza raporo ku muryango, kuri iki kibazo. Yashimangiye ko ibibazo bya Afurika bigomba gucocerwa muri AU, bityo impande zirebwa n’iki kibazo zizakomeza kuganirira mu muryango.

Perezida Kagame ni umwe mu bayobozi bakunze kwitabazwa mu gushakira umuti ibibazo bishamikiye kuri ruriya rugomero n’ibindi bireba akarere na Afurika.

Mu ruzinduko Feltman aheruka kugirira muri aka karere, yashimangiye ko ibyemezo birimo gufatwa muri iki gice kimwe no mu gihe kiri imbere, bifite icyo bivuze gikomeye ku baturage no ku nyungu za Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yanaganiriye n’abayobozi ba Ethiopia, Sudan na Misiri, harebwa ku mpungenge za buri gihugu ku mutekano wacyo bijyanye n’amazi ya Nil.

Icyo gihe ibiro bya Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga byatangaje ko “Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziteguye gutanga ubufasha mu bya politiki na tekiniki hagamijwe ko bitanga umusaruro.”

Muri Ethiopia yaganiriye n’ubuyobozi ku bibazo by’umutekano mu gace ka Tigray, aho kugeza ubu hagikenewe ubutabazi bwihariye kubera ingaruka z’intambara imaze igihe ishyamiranyije ingabo za Leta na Tigray People’s Liberation Front.

Ku ruhande rwa Eritrea, mu byo baganiriye na Perezida Isaias Afwerki harimo ko ingabo z’icyo gihugu zavanwa muri Ethiopia.

Muri Sudan, Feltman yashimangiye ko Amerika izakomeza gufasha iki gihugu kurenga inzibacyuho kirimo nyuma yo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Omar el Bashir, bityo Sudan igafata umwanya ikwiye mu karere.

Icyo gihe byatangajwe Feltman azongera kugirira urugendo mu karere mu gihe cya vuba, mu mugambi wo gukomeza ibikorwa bya dipolomasi mu izina rya Perezida Joe Biden n’Umunyamabaga wa Leta ushinzwe ububanyi n’amahanga Antony Blinken.

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Jeffrey Feltman
TAGGED:featuredJeffrey FeltmanJoe BidenPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Inka Israel Yahaye Umunyarwandakazi W’I Gisagara Yahise Ibyara
Next Article Perezida Buhari Wa Nigeria Yagiye Mu Bwongereza Kwivuza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?