Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yagiye Muri Qatar Gukomeza Umubano
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yagiye Muri Qatar Gukomeza Umubano

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 February 2025 7:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri nibwo Perezida Paul Kagame yaraye ageze Qatar mu ruzinduko rw’akazi. Ku kibuga mpuzamahanga cya Doha yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Qatar, Dr. Ahmed bin Hassan Al Hammadi ari kumwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Qatar, Igor Marara Kayinamura.

U Rwanda rusanganywe umubano na Qatar ushingiye ku ngingo nyinshi zirimo ubukungu, umutekano, ubukerarugendo n’izindi.

Ikibuga cya Bugesera kiri kubakwa ngo kijye cyakira indege nyinshi kandi bikorwa ku bufatanye na Qatar.

U Rwanda ruteganya ko bitarenze umwaka wa 2028 kizaba cyuzuye kigatangira gukoreshwa neza.

Ikigo cya Qatar gitwara abantu n’ibintu mu ndege kitwa Qatar Airways gifatanya bya hafi n’icy’u Rwanda mu kubukirana ubushobozi no kwagura inzira indege z’ibihugu byombi ziganamo.

Qatar kandi, mu bihe bitandukanye, yasinyanye amasezerano n’igisirikare cy’u Rwanda cyane cyane ikirwanira mu kirere kugira ngo habeho imikoranire hagati y’inzego zombi.

Kuba Qatar ifite Ambasade mu Rwanda ni uburyo bwiza bwo guteza imbere ubutwererane hagati y’ibihugu byombi kandi mu buryo butaziguye.

Byerekana ko umubano wayo n’u Rwanda ufite imbaraga kandi uzaramba.

Gufungura Ambasade mu Rwanda ukagira icyicaro mu Murwa mukuru, Kigali, biba bivuze ikintu gikomeye.

Muri 2022 hari amasezerano yasinywe hagati ya Qatar Airways na RwandAir yitezweho umusaruro ukomeye ku mpande zombi mu rwego rwo guha serivisi zinoze abagenzi bazigana.

Yari agamije guhesha  RwandAir uburenganzira bwo gutangiza ingendo zihuza Kigali na Doha nta handi indege ihagaze.

Ishyirwa mu bikorwa byayo byari byaratangiranye  n’Ukuboza, 2021 ariko bitarashyirwaho umukono mu buryo budasubirwaho.

Hari hashize igihe gito bivuzwe ko ibigo byombi biri mu biganiro byagombaga gutuma Qatar Airways yegukana imigabane ya 49% muri RwandAir.

Kuva icyo gihe nta makuru ahamye yemeza niba ari ko byagenze koko.

Amasezerano yasinywe mu mwaka wa 2022 yari yiswe ‘codeshare agreement’ yari agamije guha abagenzi amahirwe yagutse ku buryo bazanogerwa no kujya mu byerekezo bisaga 65 muri Afurika no hanze yayo.

Ubu buryo bukorwa iyo ibigo by’indege byemeranyije gusangira nimero y’urugendo k’uburyo kimwe mu bigo byasinye amasezerano kigira uburenganzira bwo kugurisha imyanya ku rugendo ruri bukorwe n’ikindi.

Yagombaga gutuma abagenzi ba RwandAir bagura amatike y’ingendo zikorwa na Qatar Airways zigana mu byerekezo nka New York, Washington D.C., Dallas na Los Angeles muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ubwo bufatanye bwagombaga kugera mu mijyi ikomeye mu Burayi nka London, Zurich na Madrid cyangwa muri Aziya mu mijyi ya Singapore, Kuala Lumpur na Bangkok.

Icyo gihe kandi  abagenzi ba Qatar Airways nabo bazashobora kugura amatike y’ingendo zikorwa na RwandAir zijya nka Bujumbura, Kinshasa cyangwa i Lubumbashi.

Byagombaga koroshya cyane uburyo bwo kwitabira urugendo cyangwa gukurikirana umuzigo mu rugendo rwose, kuko witabwaho nk’aho ari indege imwe wateze.

Birashoboka ko mu ruzinduko Perezida Kagame arimo muri Qatar hazongera kuganirwa uko ubwo bufatanye hagati ya Kigali na Doha bwakongerwamo ingufu kandi bukagurwa.

TAGGED:DohafeaturedIgisirikareIngaboKagameQatarRwandAirUbucuruziUruzinduko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article M23 Irashaka Gufata Bukavu Igatabara Abaturage
Next Article Umwami Wa Jordan Yagaragaje Ubwenge Bwinshi Imbere Ya Trump
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?