Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yagize Icyo Avuga Kuri Raporo Y’Impuguke Za UN Yavuze Ku Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yagize Icyo Avuga Kuri Raporo Y’Impuguke Za UN Yavuze Ku Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 July 2023 4:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro kivuga uko u Rwanda ruhagaze muri iki gihe rumaze imyaka 29 rubohowe, Perezida Kagame yagize icyo avuga kuri raporo y’impuguke iherutse gushinja u Rwanda gukomeza gufasha M23.

Yavuze ko nta gitangaje kiri muri iriya raporo kuko abayikora bakora ikosa ryo kutabaza impande zose ziyivugwamo kandi ngo usanga akenshi iyo raporo isa n’ivuga ko u Rwanda ari rwo kibazo kandi atari ko bimeze.

Ati: “ Izo raporo zahozeho, kandi iyo urebye mu myaka hafi 30 ishize, ubona bahora bazana ibintu bisa.Usanga nta gishya kirimo. Urugero natanga ni uko dufite impunzi nyinshi ziri ino kandi zaje zihunga ihohoterwa, aho zabaga barazangaga bazikorera ibyamfura mbi. Icyakora uzasanga nta kintu kigaragara muri izo raporo kibivugwaho. Iyo uyirebyemo kandi ubona bagaruka kuri M23 nk’aho yabaye ikibazo kireba isi yose, kireba u  Burayi, Amerika, Rwanda…wagira ngo yabaye ikibazo cy’isi yose…”

Perezida Kagame avuga ko ikintu gitangaje muri iriya raporo ari uko akenshi batinda kuri M23 na ADF ariko ntibakomoze kuri FDLR kandi yarabaye kimwe mu bigize ingabo za DRC, basa n’aho iki atari ikibazo.

Ngo iyo ubabajiije aho FDLR iba, wenda bikaba byaba impamvu zo kutayivugaho, basubiza ko abenshi mu bari bayigize basubiye iwabo.

Icyo gihe ariko ngo  birengagiza ko hari abahasigaye kandi bakomeza guteza ibibazo u Rwanda.

Yatanze urugero rw’ibyo bakoze mu mwaka wa 2019.

Ati: “Abo bantu baduteza ibibazo turabazi, n’aho bari kandi si u Rwanda gusa bateza ibibazo, ahubwo bajya no mu baturanyi ndetse no mu Burundi, bava mu Majyaruguru bagaruka mu Majyepfo ya Kivu…”

Avuga ko we yifuza ko iriya raporo yajya ivuga kuri buri wese uwo ari we uyivugwamo aho kugira ngo itoranye.

Guha buri wese uyivugwamo umwanya, ibibazo byose bikavugwamo kandi bibajijwe buri ruhande ngo byatuma no gushaka umuti w’umutekano muke mu Karere uboneka.

Perezida Kagame yavuze ko iyo usomye ziriya raporo ubona ko bisa n’aho bashaka kuvuga uko bo ubwabo basobanura Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kagame mu kiganiro na RBA

Bakora k’uburyo ‘abahemukiwe( victims) ari bo bitwa abagome(perpetrators).

Yasabye ko bibabaje kumva ko u Rwanda rwitwaa M23 kugira ngo rusahure DRC cyangwa rukore k’uburyo ruziyomekaho igice cyayo.

Perezida Kagame avuga ko n’ubwo muri iriya raporo bitaba bivugwa nk’uko yabivuze, ariko ngo ibyo bandika biha abantu urwaho rwo kumva ko u Rwanda ari rwo nyirabayazana w’ibibera muri kiriya gice.

Kuri iyi ngingo, yanzuye ko Abanyarwanda bagomba kuba maso, bakitonda, bakirinda guha urwaho abatabifuriza ineza.

TAGGED:DRCfeaturedKagameM23RaporoRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abakomerekeye Ku Rugamba Sibo Bakomeretse Gusa-Perezida Kagame
Next Article Biguma Wari Uherutse Gukatirwa Burundu Kubera Jenoside Agiye Kujurira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?