Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yahembewe Kuba Umunyafurika W’Umwaka 2024
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yahembewe Kuba Umunyafurika W’Umwaka 2024

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 October 2024 7:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Perezida Kagame yahembewe kuba Umunyafurika w'umwaka wa 2024
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye ahembewe kuba Umunyafurika w’umwaka wa 2024 nyuma y’uko abamuhaye iki gihembo basuzumye bagasanga nta wundi wamuhize mu kuzamura ubukungu bw’Afurika.

Iki gihembo kigenerwa umuyobozi muri politiki cyangwa ubucuruzi kitwa  ‘All Africa Business Leaders Awards, AABLA’.

Gitegurwa ku bufatanye na CNBC Africa, kikaba cyaraye gitangiwe muri Afurika y’Epfo.

Abakimuhaye bavuga ko bamushimiye ko yabaye umuyobozi w’indashyikirwa kandi uharanira impinduka nziza muri Afurika.

Kubera ko Perezida Kagame ari mu kirwa cya Samoa aho ari mu nama ya CHOGM, igihembo yahawe cyakiriwe n’uhagarariye u Rwanda muri Afurika y’Epfo witwa Amb Emmanuel Hategeka.

Hategeka kuri X yanditse  ko Perezida Kagame yatuye kiriya gihembo ‘abagabo, abagore n’urubyiruko benshi cyane, bakora ubutaruhuka mu kubaka Afurika ikomeye kandi iteye imbere’.

Emmanuel Hategeka yunzemo ko Perezida Kagame yashimiye abategura ibi bihembo.

Ati: “Mureke dukomeze kuyoborana intego, guteza imbere guhanga ibishya, ndetse no kubera icyitegererezo abayobozi ba Afurika bazadukurikira. Dufatanyije, twakubaka Afurika itari kwihuta gusa, ahubwo  ishobora kugena ahazaza hayo ndetse no kugena icyerekezo cy’Isi muri rusange”.

No mu mwaka wa 2018 yarabihembewe.

Ibaye inshuro ya kabiri Perezida Kagame ahabwa igihembo nk’iki kuko mu mwaka wa 2018 nabwo yagihawe.

Muri uwo mwaka yahawe ikiganiro n’umunyamakuru wa Forbes Magazine, ikinyamakuru mpuzamahanga kivuga ku mari n’abanyemari, amubwira kuri we kuyobora Abanyarwanda ntako bisa.

Icyo gihe yagize ati: “Ku ruhande rumwe,  ni abaturage b’igihugu cyanjye, Abanyarwanda, baranshimisha kandi bakantera ishema ko ibyo tugerageje gukora dufatanyije bigenda neza kurusha n’uko nabiteganyaga. Ibi tukabikora twongera kubaka igihugu cyacu kandi ubu kiri gutera imbere. Ntacyo nashobora kugeraho njyenyine tudafatanyije”.

TAGGED:featuredIgihemboIterambereKagameUmunyafurikaUmwaka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Yafashe Umugabo Ukekwaho Gutemera Umugore We Kwa Sebukwe
Next Article Umuhanzikazi Uwase Arakebura Abanze Guhindukirira Imana
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubukungu Bw’u Rwanda Bwazamutseho 7.8%-MINECOFIN

Uburundi: Umunyarwanda Yafunganywe N’Umu Youtuber

Dushora Mu Gusukura Ikirere Cyacu- Minisitiri Arakwiye

DRC: Abanyamahanga Ntibemerewe Gukora Ubucuruzi Buto Buto

Imiterere Y’Ubucuruzi Bw’u Rwanda N’Amahanga Muri 2025

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Drone Y’Ingabo Z’u Rwanda Yakoze Impanuka 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?