Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yakiriye Minisitiri Wa Turikiya Ushinzwe Ububanyi N’Amahanga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yakiriye Minisitiri Wa Turikiya Ushinzwe Ububanyi N’Amahanga

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 January 2023 8:42 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha ashyira igicamunsi cyo kuri uyu wa Kane taliki 12, Mutarama, 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri ushinzwe ububanyi n’amahanga muri Turikiya witwa Mevlüt Çavuşoğlu.

Uyu mushyitsi w’Imena akigera mu Rwanda yabanje gusura Stade Amahoro aho ikigo cyo mu gihugu cye kitwa SUMA kiri kuyivugurura.

Ni ibintu byakozwe mu ibanga.

#Ruanda Ziyaretimiz
Visit to #Rwanda🇹🇷🇷🇼 pic.twitter.com/AIhbhRsirw

— Mevlüt Çavuşoğlu (@MevlutCavusoglu) January 12, 2023

Nyuma yahise agana ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruri ku Gisozi.

Mu gitabo cy’abashyitsi basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, Mevlüt Çavuşoğlu yanditsemo ko igihugu cye kifatanyije n’u Rwanda mu bihe rwanyuzemo.

Yanditse ko ibyabaye mu Rwanda ari ibintu bibabaje  byahitanye abantu bagera kuri miliyoni imwe mu gihe cy’iminsi 100.

Mu nyandiko ye ngufi yanditse ko igihugu cye kishimira ubumwe bw’Abanyarwanda no kuba u Rwanda rwarimitse ibitekerezo by’ubumuntu.

Ahavuye yagiye kwikirwa na mugenzi we ushinzwe ububanyi n’amahanga by’u Rwanda Dr. Vincent Biruta.

Dr Vincent Biruta na Turikiya Mevlüt Çavuşoğlu bashyize umukono ku masezerano yo kongera imbaraga mu butwererane mu nzego zitandukanye.

Ni amasezerano y’ubufatanye mu nzego zirimo ubutwererane rusange, umuco na siyansi, ikoranabuhanga na inovasiyo ndetse ‘no mu bya gisirikare.’

Mu masaha ashyira umugoroba, Çavuşoğlu n’itsinda yaje ayoboye bakiriwe na Perezida Paul Kagame mu Biro bye.

Nta makuru arambuye ku byahavugiwe ariko birashoboka cyane ko Turikiya yakomeje kwizeza u Rwanda ubufatanye mu by’umutekano cyane cyane ko ishyigikiye umuhati warwo mu kurwanya iterabwoba hirya no hino muri Afurika.

Uruzinduko rw’umunsi umwe Çavuşoğlu yari afite mu Rwanda ararurangiza kuri uyu wa Gatanu taliki 13, Mutarama, 2023.

TAGGED:AmahorofeaturedKagameMinisitiriRwandaStadeTurikiyaUbubanyi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Bakuye Uruhinja Mu Musarane Rugihumeka
Next Article Bugesera: Baguwe Gitumo Bari Gukora Amadolari($)
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?