Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yanenze Ibihugu Bibangamira Imikorere Ya COVAX
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Kagame Yanenze Ibihugu Bibangamira Imikorere Ya COVAX

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2021 6:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu ‘bimwe’ bikomeje kugaragaza uburyarya mu kugura inkingo za COVID-19. Yavuze ko  ibi bangamiye gahunda yashyizweho yogufasha ibihugu bikennye kubona inkingo z’iki cyorezo, izwi nka Covax.

Ni ubutumwa yanyujije kuri Twitter, ubwo yagarukaga ku magambo Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima, WHO, Dr Tedros Ghebreyesus, yatangaje ku wa Mbere.

Mu gihe ibihugu byinshi byatangiye gukingira COVID-19, hari  impungenge z’uko umubare munini w’inkingo ukomeje kwiharirwa n’ibihugu bikize.

Dr Tedros yatangaje ko hari ibihugu bikomeye bigirana amasezerano n’inganda zikora inkingo za COVID-19, abangamira andi aba yaremejwe binyuze muri COVAX, bikagabanya inkingo zateganyirijwe ingengo y’imari muri gahunda ya COVAX.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida Kagame yanditse ati: “ Ibyo ni uburyarya no kwikunda twakomeje kuvuga. Ni urugero rumwe muri nyinshi kandi rufite ingaruka.”

Dr Tedros yavuze ko n’ubwo amafaranga ahari, kugira ngo ibihugu bikennye bibone inkingo bikeneye, bisaba ko ibikize bigaragaza ubufatanye binyuze mu kubahiriza amasezerano COVAX yagiranye n’inganda zikora inkingo.

Ati: “Ntabwo ari igikorwa cy’ubugiraneza, ni igikorwa kijyanye n’icyorezo. Igihe cyose tutarahagarika iki cyorezo ahantu hose, nta na hamwe kizasiga.”

Yavuze ko n’ubwo amafaranga yaba ahari, ntacyo yaba avuze igihe nta nkingo zo kugura zihari.

Inkingo zirimo gutangwa ziganjemo iza Pfizer/BioNTech, Moderna na AstraZeneca.

- Advertisement -

Hagati aho hari ibihugu bikomeye  bigaragaza ubushake bwo gutera inkunga COVAX. Birimo ibigize G7 n’umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi biheruka kwemera gutanga miliyari $4.3.

Ni amafaranga agamije gutanga umusanzu muri gahunda yo gutangiza mu bihugu byose, gahunda yo gukingira abakozi bo mu nzego z’ubuzima n’abakuze, mu minsi 100 ya mbere y’uyu mwaka.

Dr Tedros aheruka kuvuga ko hagikenewe nibura miliyari $ 23 z’inyongera, kugira ngo iyo gahunda ishoboke.

COVAX ivugwa ni iki?

COVAX ni izina ryahawe ubufatanye mpuzamahanga bugamije gufasha abatuye isi kubona urukingo rw’icyorezo COVID-19.

Ubu bufatanye bwatangiwe muri MATA, 2020, bukaba buyobowe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi n’u Bufaransa.

Buhuriwe na za guverinoma, imiryango mpuzamahanga yita ku buzima, abikorera ku giti cyabo, sosiyete sivili n’abakire b’abagira neza.

Intego ni ugufasha abatuye isi, cyane cyane abafite amikoro make, kwisuzumisha no guhabwa urukingo rw’icyorezo COVID-19.

TAGGED:COVAXCOVIDfeaturedIbihuguInkingoKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibintu 5 Ku Mabwiriza Atavugwaho Rumwe Ku Bucuruzi Bukoresha Ikoranabuhanga
Next Article Video Yerekana Urupfu Rwa Ambasaderi W’u Butaliyani
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?