Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yanenze Ibihugu Bicumbikiye Abakoze Jenoside n’Abakora Iterabwoba
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Kwibuka27

Kagame Yanenze Ibihugu Bicumbikiye Abakoze Jenoside n’Abakora Iterabwoba

admin
Last updated: 07 April 2021 6:46 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yanenze ibihugu bigicumbikiye abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kimwe n’ibishakira impamvu abantu bafite imigambi yo gukora iterabwoba ku Rwanda.

Ni ubutumwa yatanze mu ijambo yagejeje ku Banyarwanda n’abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda, mu gutangiza icyumweru cy’icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rushobora kuba rudakize cyane cyangwa rudafite imbaraga nyinshi, ariko ruzi uko ruhangana n’ibibazo byarwo.

Ibyo byose ngo rubikora ruzirikana ko amajyambere nubwo yaba amaze imyaka myinshi igera mu binyejana, ashobora guhanagurwa mu kanya nk’ako guhumbya.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Perezida Kagame yavuze ko mu gihe u Rwanda rutera intambwe mu kwiyubaka, hari n’abagamije kurusubiza inyuma bibwira ko bazagira agaciro mu mahanga ari uko bahungabanyije ubukungu bw’igihugu bakanica abaturage.

Ati “Abanyarwanda bazi ko tudashobora kwemera ko ibikorwa nk’ibi by’iterabwoba byongera gukorerwa ku butaka bwacu, bigakorwa bigirira nabi abaturage bacu. Ibyo ntibigomba kuzongera kubaho.”

Yagarutse ku bantu bamwe bakurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba, ariko ugasanga n’igihe bafahwe bagashyikirizwa ubutabera, ibihugu bimwe aho kwita ku cyo umuntu aregwa, biha agaciro uburyo yafashwemo.

Ni ibintu byagaragaye cyane mu rubanza rwa Paul Rusesabagina uregwa ibyaha by’iterabwoba bifitanye isano n’umutwe wa FLN/MRCD.

Perezida Kagame yavuze ko usanga benshi mu bakora iterabwoba ku Rwanda, mu bihugu barimo baba bigize abafite amasomo bakwigisha ubuyobozi bw’u Rwanda muri demokarasi, ubwisanzure n’ibindi, maze ababacumbikiye bakababera abavugizi.

- Advertisement -

Yakomeje ati “Ubu rero ikindi mbona gitangaje ni uko, ntibifata igihe kinini cyane ngo bazabone ko tubabwira ukuri kuko bamwe muri bo bafungiwe muri ibyo bihugu bazira kuba barakoze ibyo twavuze ko abo bagizi ba nabi bazwiho, bakora kenshi.”

“Niba rero hari ibintu ubazwa n’ubuyobozi bw’u Rwanda, ugomba kubibazwa. Ubwo noneho tukongera tukabwira abo bacuti bacu tuti ‘ariko ibi twarabibabwiye’, ni hahandi ntibumve ibyo tuvuga, n’iyo biboneye ko ibyo twavuze abo bantu babikoze.”

Yashimangiye ko bidakwiye ko iterabwoba rigahindurwa uburyo bwo guhangana muri politiki, hanyuma igihe abanyarwanda barwanya ibyo bikorwa bakaba ari bo banengwa.

Yakomeje ati “Reka ngire icyo mbabwira: Twebwe twakwemera kunengwa bishingiye ku kuba turimo dukora ibyo tugomba gukora, kuko ari ko tubyemera, mu kurwanya ibyo bikorwa navuze biba bigamije kutugirira nabi.”

Yakomoje no ku bihugu bicumbikiye ‘abajenosideri’

Perezida Kagame yavuze ko hari n’ibihugu byabanje kunanirwa kwita Jenoside izina ryayo, ku buryo uyu munsi bikirwana no kwemera ko ari jenoside yakorewe Abatutsi, byitwaje ko hari n’abandi bapfuye muri icyo gihe.

Ibyo bigatuma hari n’ibihugu bimwe byanze gukurikirana abakekwaho uruhare muri Jenoside kandi dosiye zabo zihari zuzuye.

Ati “Twavugana n’ibyo bihugu bibacumbikiye, twarabinginze tukababwira ngo dosiye zabo ziruzuye ngizi hano, ese mwabatwoherereje tukabacira imanza? Bakatubwira ngo nta masezerano dufitanye namwe, ntabwo twizera inkiko zanyu n’amategeko yanyu, oya.”

Gusa ngo u Rwanda rwasabye niba icyo gihugu cyababuranisha mu nkiko zacyo, ariko ikibazo kigiye kumara imyaka 15.

Icyo kibazo kizwi mu Bwongereza ahahungiye Dr Vincent Bajinya, Célestin Ugirashebuja, Charles Munyaneza, Emmanuel Nteziryayo na Célestin Mutabaruka.

Perezida Kagame yanavuze ko nubwo hemejwe ko mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, hari ibihugu byakomeje gutsimbarara bishaka ko iba Jenoside yo mu Rwanda. Ibihugu byavuzwe muri ibyo bikorwa ni u Bwongereza na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibyo ngo bituma bisa n’aho kwemera Jenoside yakorewe Abatutsi yaba ari nk’impano ihawe abanyarwanda kuko bitwaye neza.

Perezida Kagame yifashishije umugani w’Intare n’umwana w’intama, intare iba irimo kunywa amazi mu mugezi iri ruguru naho intama inywera hepfo, ariko intare igatangira kuyishakira impamvu zo kuyirya, iyishinja kuyitobera amazi kandi adatemba azamuka. Byarangiye intare iriye ya ntama.

Ati “Iyo nkuru ndayibabwira kubera ko rimwe na rimwe usanga dufatwa nk’uko nguko, ugasanga hari umuntu uri hejuru uvuga ati niko sha, nta soni urimo urantuka – kandi utigeze unamuvugisha – ati niba atari nawe ni mwene nyoko, cyangwa ni nyoko cyangwa ni mushiki wawe, uti ‘oya rwose nyakubahwa’ , hari abantu bamaze igihe babitugira, ariko reka mbabwire, ntimuzigera mwemera kugirwa intama.”

“Ntanubwo rwose nifuza kuzaba intare nk’iyo ngiyo twavuze, njyewe nzashimishwa no kuba uwo ndiwe, naba uwo ndiwe uzahangana n’intare imeze ityo.”

TAGGED:Kwibuka 27Paul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abashaka Kuducamo Ibice No Kudutesha Umurongo Bazakomeza Kunanirwa – Kagame
Next Article Me Emmanuel Altit Yongeye Kwemezwa Nk’Umwunganizi wa Kabuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu Rwanda

Uburinganire Ni Uburenganzira, Si Impuhwe – Perezida Kagame

Yandtswe na admin
Mu Rwanda

Nta Mujugujugu Tutaraterwa – Perezida Kagame

Yandtswe na admin
Ububanyi n'Amahanga

Umusaruro w’Uruzinduko Perezida Kagame Yagiriye Muri Mauritania

Yandtswe na admin
Mu Rwanda

Joe Ritchie: Indi Nshuti y’u Rwanda Yitabye Imana

Yandtswe na admin

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?