Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yanenze Icyemezo Cy’u Bwongereza Bwahagaritse Ingendo Ziva Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yanenze Icyemezo Cy’u Bwongereza Bwahagaritse Ingendo Ziva Mu Rwanda

taarifa@media
Last updated: 02 March 2021 4:32 pm
taarifa@media
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko atumva icyashingiweho n’u Bwongereza mu gufata icyemezo cyo gukumira ingendo zituruka mu Rwanda, mu gihe rutaragaragaramo ubwoko bushya bw’icyorezo cya COVID-19 cyandura kurusha igisanzwe.

Ku wa 29 Mutarama nibwo u Bwongereza bwongereye ku rutonde rutukura ibihugu birimo u Burundi, u Rwanda na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, ni ukuvuga ko abagenzi babivuyemo cyangwa babiciyemo batemerewe kwinjira mu Bwongereza.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye na Evgeny Lebedev washinze ikinyamakuru The Independent, yavuze ko yatunguwe n’icyo cyemezo, akomeza kwibaza niba cyaba gishingiye ku mpamvu za politiki.

Ati “Twabajije ambasade, ambasaderi, abaminisitiri ba hano bavuganye n’ab’i London. Ibisubizo bagiye batanga biratangaje, mu buryo bitakumvisha impamvu icyo cyemezo cyafashwe.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

“Ikibi kurushaho, itangazo rihagarika izo ngendo ryasohotse mu gihe u Rwanda rwari rwatangajwe ko ruri ku mwanya wa gatandatu ku isi mu guhangana n’iki cyorezo.” Ni urutonde rwakozwe n’ikigo cyo muri Australia.

Perezida Kagame yavuze ko ubwoko bushya bwa Coronavirus bukomeje kuyogoza ibihugu hirya no hino, ibipimo bigaragaza ko butaragera mu Rwanda hashingiwe ku isuzuma ryakozwe.

Yakomeje ati “Niba mufite amakuru ko ubwo bwoko buhari, dukeneye kubimenya. Mwadushyize mu cyiciro kimwe n’ibihugu noneho byo byavuze ko nta Covid bifite. Mwaba mugiye kutugereranya nabo?”

U Rwanda rukomeje gushyira mu bikorwa ingamba zitandukanye zifasha mu kwirinda icyorezo cya COVID-19, aho abamaze kwandura ari 18.986, abamaze gupfa ni 264.

Kugeza ubu rukomeje imyiteguro yo gutanga inkingo za COVID-19 umunsi zizaba zimaze kuboneka, binyuze muri gahunda igamije gufasha ibihugu bikennye kubona inkingo, COVAX, cyangwa gahunda y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe. Rurimo no gushaka izindi nkingo ku ruhande.

- Advertisement -
TAGGED:featuredKagameu Bwongereza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Colonel Sematama Uheruka Gutoroka Igisirikare Cya RDC Yinjiye Mu Nyeshyamba
Next Article U Rwanda Rugiye Kwakira Inkingo Za COVID-19, Gukingira Ni Ku Wa Gatanu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Perezida Wa Guinea Conakry Yaraye Yakiriwe N’Abaturage Be Baba Mu Rwanda

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?