Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yasabye Impinduka Mu Miyoborere Y’Umupira W’Amaguru
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Perezida Kagame Yasabye Impinduka Mu Miyoborere Y’Umupira W’Amaguru

admin
Last updated: 15 May 2021 4:45 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasabye ko abayobora umupira w’amaguru bahindura imyumvire, bagahora bazirikana ko uyu mukino ufite uruhare mu kuzana impinduka abatuye Afurika bakeneye.

Kuri uyu wa Gatandatu yitabiriye inama ya Komite Nyobozi y’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, CAF, irimo kubera i Kigali.

Yitabiriwe na Perezida wa CAF, Dr Patrice Motsepe, Perezida wa FIFA Gianni Infantino n’umuyobozi ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru muri iryo shyirahamwe, Arsène Wenger, wanatoje Arsenal F.C. yo mu Bwongereza.

Perezida Kagame yavuze ko nubwo akora politiki nk’akazi ka buri munsi, ifite aho ihurira na siporo, ari naho habarizwa umupira w’amaguru.

Kugira ngo izo nzego zombi zitange umusaruro bisaba imiyoborere ihamye, kugira icyerekezo no gukorera hamwe, bikajyana n’uko iyo intego igezweho, ibyishimo bigera ku bantu bose bagize ikipe no hanze yayo.

Yabwiye abitabiriye iyi nama ati “Rero inshingano zacu ni izihe, mwe nk’abantu ni iki mwumva mukwiye gukora mu buryo budasanzwe, kugira ngo tubashe kugera ku ntego zacu zo guteza imbere yaba politiki cyangwa by’umwihariko umupira w’amaguru ku mugabane wacu? Ndatekereza ko ari zo nshingano dufite.”

Yavuze ko hakenewe guhindura imyumvire, bagakora ibiri mu nyungu zabo kandi bitanga umusaruro.

Yavuze ko n’iyo ubushobozi bwaba budahagije bitavuze ko butazaboneka, cyangwa hakifashishwa abafatanyabikorwa mu kuziba icyuho cyaba gihari.

Yakomeje ati “Ariko imyumvire igomba guhinduka. Twese hano muri iki cyumba dukwiye gutangira gutekereza ku gukora ibintu mu buryo bwihariye, tugatekereza ku nshingano dufite zirenga twebwe ubwacu nk’abantu, zikagera ku bantu bose bakunda umupira w’amaguru, ndetse n’abatawukunda dukwiye gutuma bawukunda.”

“Ibyo ariko bigakorwa tuzirikana neza ko umupira w’amaguru ari kimwe mu bice bigize politiki y’iterambere ry’umugabane wacu.”

Perezida Kagame yavuze ko Afurika ifite impano nyinshi kurenza n’uko abantu babitekereza, ariko ugasanga hari ubwo zitanga umusaruro iyo zirimo gukoreshwa ku yindi migabane, aho kuba muri Afurika.

Ati “Ni ikibazo dukwiye gushakira ibisubizo.”

Perezida Kagame kandi yabwiye abo bayobozi ko bategerejweho umusanzu ukomeye mu gutuma bigerwaho, bijyanye n’icyerekezo cyashyizweho mu mupira w’amaguru muri uyu mugabane.

Ati “Ariko bisaba impinduka mu myumvire yo gukora ibintu mu buryo butandukanye n’ubusanzwe, gukorana n’abantu, gukora ibintu wishimye kandi ukamenya ko utishimye wenyine, ahubwo wishimanye n’abandi dukorera.”

Dr Motsepe yashimiye Perezida Kagame, ko batamubona nk’umuyobozi ukomeye muri Afurika gusa, ahubwo ari nk’umufatanyabikorwa unakora ubuvugizi aho bikenewe mu bandi baperezida.

Gianni Infantino we yavuze ko umupira w’amaguru, uretse gushimisha abantu unatanga amasomo ko igihe umuntu ashatse gukora wenyine ntacyo yageraho, ndetse ko ari ngombwa kubahiriza amategeko no kubaha uwo muhanganye.

Yakomeje ati “Umupira w’amaguru utwigisha gutsinda no gutsindwa, kandi ukatwigisha ko nyuma yo gutsindwa umukino umwe haba hari undi ugomba kwitegura neza ukawutsinda, bikatwigisha ubudaheranwa, ahubwo tukitegura guhangana n’izindi mbogamizi ziba zidutegereje.”

Yahise abihuza n’amateka y’u Rwanda, avuga ko ari urugero ku bihugu byose ku Isi ko ikintu cyose gishoboka, ko igikenewe ari ubushake, ubundi ugakora ibyo wiyemeje.

TAGGED:featuredInfantinoMotsepePaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Ategerejwe Mu Nama Ya Komite Nyobozi Ya CAF
Next Article Kagame Yashimiye Arsène Wenger Ku Musanzu Yatanze Muri Arsenal F.C.
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?