Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yashimye Abikorera Ku Nkunga Bamuteye Mu Kwiyamamaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yashimye Abikorera Ku Nkunga Bamuteye Mu Kwiyamamaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 July 2024 8:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Paul Kagame uherutse gutorerwa gukomeza kuyobora u Rwanda yaraye ashimiye ku mugaragaro abantu bose bagize uruhare mu migendekere myiza y’amatora harimo n’urwego rw’abikorera ku giti cyabo.

Yashimiye kandi n’abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bakoranye nawe umunsi ku wundi kugeza ibyumweru bitatu yamaze yiyamamaza birangiye kandi akabikuramo intsinzi.

Agaruka ku rwego rw’abikorera ku giti cyabo, Kagame yashimye ko umusanzu wabo watumye n’abaturage bazaga kumva aho yiyamamaza babona amazi yo kunywa.

Perezida watowe Paul Kagame kandi yashimye n’umuryango we, avuga ko wamubereye akabando yicumbye kugeza amatora arangiye.

Ashima kandi n’abashinzwe umutkeno uko babyitwayemo, akavuga ko akazi kabo ari akazi bumva neza, akungamo ko bo ahora abashimira.

Ati: “ Ndabashimira ko barinda umutekano bakawurindira n’inshuti z’u Rwanda, abo turabamenyereye kandi ntacyo twababurana”.

Kagame kandi yashimiye n’abahanzi kandi buri wese amusaba kuza akamusuhuza amukoze mu ntoki.

Bose uko bakabaye yababwiye ati: ‘ Mwarakoze cyane’.

Yongeye kubwira abanyamuryango ba FPR ko ibiri imbere byo gukora ari byinshi kandi ko ku bufatanye nabo bizashoboka.

Avuga ko ibibi u Rwanda rwaciyemo bihora bigaruka mu mitwe y’abaturage barwo bityo ko bitazasubira.

Kagame kandi ashima ko urubyiruko rw’u Rwanda muri iki gihe rwatangiye kwigana imico y’abantu bakuru barubyaye kandi ngo ibi ni ibintu bizakomeza kuranga Abanyarwanda.

Yavuze kandi ko Abanyarwanda iyo babaniwe neza n’inshuti zabo batajya bazitenguha.

Ku ruhande rw’abanzi b’u Rwanda, Kagame avuga ko nabo iyo batemeye kubanira neza Abanyarwanda, nabo babereka ko burya nabo bazi kwanga.

Yaburiye abanzi b’u Rwanda ko iyo bakomeje kwigira abanzi barwo, birangira koko babaye abanzi barwo kandi narwo rukabanga bakabibona.

TAGGED:AbikoreraAmatorafeaturedKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Biden Yahariye Kamala Harris Ngo Aziyamamaze
Next Article Amb Munyuza Avuga Ko U Rwanda Rwari Rupfuye Iyo Rutagira Ingabo Za APR
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?