Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yasobanuye Impamvu Abasirikare Badasanzwe Boherejwe Muri Centrafrique
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yasobanuye Impamvu Abasirikare Badasanzwe Boherejwe Muri Centrafrique

admin
Last updated: 06 August 2021 2:26 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko nubwo u Rwanda rusanganywe abasirikare mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Centrafrique (MINUSCA), ubwihutirwe by’ibibazo by’umutekano byasabye ko hoherezwayo abandi bihariye.

Ku wa 20 Ukuboza 2020 abasirikare bo mu mutwe udasanzwe (Special Forces) bahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cy’indege cya Kigali, berekeza i Bangui.

Hari hasigaye icyumweru kimwe gusa ngo amatora ya perezida abe, mu gihe imitwe myinshi yitwaje intwaro yari yahagurutse harimo na Coalition des Patriotes pour le Changement (CPC), yayoborwaga na François Bozizé wayoboye Centrafrique kugeza mu 2013.

Mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kane, Perezida Kagame yavuze ko mu gihe imitwe myinshi yari yambariye kudobya amatora, hakozwe isesengura bigaragara ko ingabo za MINUSCA zishobora kubigendamo gake.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibihugu byombi byahise byemeranya kohereza izindi ngabo hagendewe ku masezerano bifitanye, zo kunganira Ingabo za Centrafrique (FACA).

Kugira ngo yumvikanishe ikibazo kuri MINUSCA bijyanye n’umutekano muke muri kiriya gihe, Perezida Kagame yatanze urugero rw’uburyo ibihugu byoroshya ubucuruzi mu buryo butandukanye, kandi byose icyo bigamije ari kimwe.

Yavuze ko nko mu bihugu bimwe umuntu ukeneye kwandikisha ubucuruzi bamuha intambwe 100 agomba gukurikiza, mu gihe ahandi bamuha 20, 10 cyangwa eshanu.

Yavuze ko buri muntu yumvaga ko gutegereza MINUSCA bishobora gufata igihe kugira ngo igire icyo ikora, mu gihe leta yari ku gitutu cy’imitwe yiwaje intwaro.

Ati “Yego MINUSCA yari iri hariya, ndahamya ko batifuzaga ko bibaho, ariko imitwe yitwaje intwaro yashoboraga guhungabanya umujyi wa Bangui igakerereza amatora. Wenda birashoboka ko bari bakirimo kwiga icyakorwa, ariko rimwe na rimwe ibintu byo guca mu nzira nyinshi bigira ingaruka ku byemezo bifatwa.”

- Advertisement -

Muri icyo gihe kandi ngo u Rwanda ntirwashoboraga guha amabwiriza abasirikare barwo bari muri MINUSCA kuko bafite uko bayobowe.

Yakomeje ati “Twumvise ko byadufasha cyane gukoresha ubu buryo, twohereza abandi basirikare muri ubwo bwumvikane, mu buryo bwihuse, ngo baharanire intego Umuryango w’Abibumbye wakabaye uharanira, ariko ugasanga bagenda buhoro.”

“Nibyo amategeko abagenga ateganya ntabwo nabihindura, Perezida Touadéra ntabwo yari kubihindura, ariko hari hari ikibazo gikeneye ibisubizo byihutirwa.”

Perezida wa Centrafrique, Faustin Archange Touadéra, we yavuze ko yahanganye n’ibibazo by’umutekano muke kuva yajya ku butegetsi mu 2016, ku buryo guverinoma ye yaje gusinyana amasezerano n’imitwe 14 yitwaje intwaro yari ihari.

Amatora yegereje hahise havuka indi mitwe irimo CPC, biba mu gihe igisirikare, igipolisi n’abajandarume (gendarmerie) bicyiyubaka.

Ati “Byari ngombwa kongerera ubushobozi ingabo zacu zikirimo kwiyubaka. Ni yo mpamvu twakoresheje amasezerano dufitanye nk’ibihugu byombi, ari nayo mpamvu dushimira Perezida Kagame, guverinoma n’abanyarwanda bemeye kohereza bwangu ingabo mu bwumvikane bw’ibihugu, ngo badufashe gukumira ibikorwa bya CPC.”

“Iyo hatabaho ubu buryo buhuriweho n’ibihugu byombi ku bufatanye na FACA, ntekereza ko ibintu biba bitandukanye n’ibyo tubona ubu.”

Yavuze ko bishimiye ingabo za MINUSCA n’umusanzu zitanga, ariko hari hakenewe ingabo zihabwa amabwiriza yihuse kandi zigakora byihuse.

Ati “Ndashimira abanyarwanda kuri uwo musanzu bahaye Repubulika ya Centrafrique, bahaye demokarasi, muri izo nzego ebyiri, buri rwego rwatanze umusanzu.”

MINUSCA yatangiye ubutumwa mu 2014.

Ku wa Kabiri u Rwanda rwongereye abasirikare 750 ku bandi rufite muri MINUSCA, bijyanye n’umwanzuro w’Umuryango w’abibumbye wo muri Werurwe 2021 wo kongera abasirikare muri Centrafrique ho 2750 n’abapolisi 940.

Muri rusange u Rwanda rufite abasirikare basaga 4000 mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye.

Abasirikare b’u Rwanda batumye amatora agenda neza
TAGGED:CentrafriqueFaustin Archange TouadérafeaturedPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Israel Yagabye Ibitero Muri Liban
Next Article Perezida Museveni Arashinjwa Kwivanga Muri Politiki Ya Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?