Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yatereye Abantu Igiparu Cy’Ukuntu Yirutse Asiga Umujandarume
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yatereye Abantu Igiparu Cy’Ukuntu Yirutse Asiga Umujandarume

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 July 2024 1:26 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Bumbogo mu Karere ka Gasabo aho yiyamamarizaga ku munsi ubanziriza uwa nyuma, Kagame Paul yavuze ko hari ubwo yirutse asiga umujandarume wo mu ngabo za Juvenal Habyarimana wari umubonye aciye hafi ya Ambasade ya Zaïre i Kigali.

Yari yaje mu Rwanda gusura umugabo bafitanye isano witwa Claver Muyango wari utuye mu Kiyovu.

Muyango yari umwe mu bafitanye isano na Kagame.

Uyu Muyango yari umwe mu Banyarwanda bize mu bihugu by’Uburayi ariko aza kugaruka mu Rwanda.

Kagame avuga ko rimwe ubwo yari yaje gusura Claver Muyango yaje gutembera aca hafi y’ahahoze Ambasade ya Zaïre, aho hakaba hari haturanye n’aho Abadipolomate b’Ababiligi babaga.

Avuga ko ubwo yacaga aho yaje guhagarikwa n’umwe mu Bajandarume barindaga kuri iyo Ambasade.

Ati: “ …[Rimwe] naje kuva kwa Muyango ngenda n’amaguru ngeze kuri Ambasade ya Zaire, haruguru habaga inzu y’abadipolomate y’Ababiligi. Nagendaga nsoma igitabo njijisha ngera ku mujandarume arampamagara nanga kwitaba nk’aho ntamwumvise. Arongera arampamaga abona nkomeje kwisomera igitabo. Nagiye kumva arasa nuje ansanga aza akandagira na boots ze zari zifite ibyuma imbere. Yarongeye arampamagarika , nti’ Ninjye muhamagara?…Nahise niruka ntiyamenya aho nciye…”

Umukandida wa FPR-Inkotanyi avuga ko igitangaje ari uko aho hantu yirukankanywe ari ho yaje gutura nyuma y’aho.

Yashakaga kubwira Irere Claudette ko kuba muri iki gihe asigaye ari Minisitiri kandi yarahoze atega rift biri mu byerekana ko umuntu yagera ku byo mbere yabonaga ari ibidashoboka.

Yashimiye abaturage ba Gasabo baje kumwamamariza i Bumbogo ko baje ari benshi kandi ngo ibyo yabibonye n’ahandi yaciye muri iki gihe cyose cyo kwiyamamaza.

Paul Kagame yavuze ko abatangazwa n’uko abantu benshi baza aho yiyamamariza bakabyita igitugu, baba bibeshya kuko igitugu gihuriza abantu hamwe kandi barahoze badacana uwaka nta byiza nkabyo.

Avuga ko ubwo bumwe ari imwe mu nkingi zikomeye za FPR Inkotanyi kandi ubwo bumwe ari yo majyambere y’Abanyarwanda.

Yabwiye abantu ko gutora ku gipfunsi batora Kagame ari ubundi buryo byo gukomeza amajyambere.

Ati: “ FPR yaharaniye ukuri kw’Abanyarwanda”

Kagame avuga ko iyo Politiki yatumye ibintu bimera uko biri ndetse hakagira n’abahasiga ubuzima, atari ibintu byo gukinisha.

Kagame yongeye kubwira abaturage ko icyo gukora ari ukubashimira, ko atari ukubasaba amajwi.

Kuri uyu wa Gatandatu ari bwo Kagame n’abandi bose bari kwiyamamaza bazarangiza ibyo bikorwa mu gikorwa kizabera mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro.

TAGGED:AbaturagefeaturedFPRInkotanyiKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Aborozi Bishimiye Uruganda Rukora Ibiryo By’Amatungo Rwatashywe
Next Article APR FC Yatangiye Guha Abantu Icyizere Cyo Gutwara CECAFA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Meteo Rwanda Irateguza Imvura Irimo Inkuba Mu Gihugu Hose

DRC:Abasirikare Basabiwe Gufungwa Imyaka 15 

Nyagatare: Hatangijwe Umushinga Mugari Wo Guhinga Ubutaka Bukomatanyije

Abanyamakuru Barekuwe N’Urukiko Rwa Gisirikare

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingengabihe Y’Umwaka Utaha W’Amashuri Yatangajwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Yanditse Igitabo Ku Gahinda Yatewe No Gupfusha Umugore We

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Gaza: Ingabo Za Israel Zishe Abanyamakuru

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?