Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yavuze Ko Kuba Ingabire Aba Mubapfobya Jenoside Amaherezo Ye Atazaba Meza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Kagame Yavuze Ko Kuba Ingabire Aba Mubapfobya Jenoside Amaherezo Ye Atazaba Meza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 July 2024 11:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gusubiza umunyamakuru wamubajije icyo avuga ku bakomeje gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi barimo ababa mu Rwanda nka Ingabire  Victoire Umuhoza n’abandi nka Charles Onana baba hanze yarwo, Kagame yavuze ko abantu nk’abo bashatse babireka kuko ibyo barimo bitinda bikabagiraho ingaruka.

Avuga ko akenshi abavuga ibyo gupfobya Jenoside babikora bagira ngo bateshe abantu umurongo, bave mu byo bakoraga.

Kagame asanga indi mpamvu ituma abo bapfobya Jenoside ari uko bazi ko bashyigikiwe n’ibihugu bikomeye ndetse n’imiryango mpuzamahanga.

Avuga ko n’ubwo ibyo bihugu bikora ibyo biba ari ibihugu bisanzwe bifite ubushobozi, u Rwanda narwo rufite ubushobozi bwo kurinda ko ibyo bintu byagira ingaruka ku Banyarwanda.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Paul Kagame avuga ko kuba Ingabire yarahawe imbabazi nyuma yo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ariko muri iki gihe akaba akomeje kuyipfobya ari gukora ibintu bidakwiye.

Ati: “ Ariko aho asohokeye niyo neza yitura Abanyarwanda. Buriya ameherezo ye ntabwo azaba meza. Uramwihorera akarwana n’ikimurimo kibi kikaba ari cyo kimugiraho ingaruka”.

Kagame avuga ko abahora bapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi baba mu mahanga barimo na Onana nta Munyarwanda bakwiye kubuza gusinzira.

Yagize ati: “ Abo babatwaye iki? Muzabareke bapfe urwo bapfuye”.

Avuga ko no kuba bakora ibyo bakora harimo n’ubufasha bahabwa n’ibindi bihugu birimo na DRC ariko akemeza ko iby’uko bizagira ingaruka zitaziguye ku Banyarwanda byo bitazashoboka.

- Advertisement -

Yasabye Abanyarwanda kujya bakoresha uburyo bafite bakanyomoza abaharabika igihugu cyabo, ariko nanone aburira abashaka kuzaruhungabanya ko nibarenga  umurongo bitazabahira.

TAGGED:featuredGupfobyaIngabireItangazamakuruJenosideKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubukwe Bwa Mbere Buhenze Muri Aziya Bwatwaye Miliyoni £ 250
Next Article Centrafrique: Ingabo Na Polisi Y’u Rwanda Nabo Bitabiriye Amatora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

RIB Igeze He Umukoro Perezida Kagame Yayihaye?

Intego Y’u Rwanda Ku Byerekeye Umukamo Mu Myaka Ine

Israel Irakoresha Ibifaro Bitarimo Ingabo Mu Ntambara Na Hamas

Ingabo Z’u Rwanda Mu Bufatanye N’Iza Misiri

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Abajyanama B’Ubuzima Bagiye Gukoresha Ubwenge Buhangano Mu Kazi

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Abayahudi Baramagana Ibyo Israel Ikorera Muri Gaza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ba Rwiyemezamirimo Bagiye Guhatanira Igihembo Cya Miliyoni $1.5

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?