Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yitezweho Ingamba Nshya Kuri Covid-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yitezweho Ingamba Nshya Kuri Covid-19

Last updated: 16 March 2021 12:00 am
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yayoboye inama y’abaminisitiri, yitezweho kuvugurura ingamba zari zimaze iminsi zubahirizwa mu kurwanya icyorezo cya Covid-19.

Inama iheruka yabaye ku wa 19 Gashyantare, yemeza ingamba zirimo ko ingendo zemewe hagati ya saa kumi za mu gitondo na saa mbili z’ijoro. Ni ingamba zagombaga gukurikizwa kugeza kuri uyu wa 15 Werurwe 2021.

Icyo gihe byemejwe ko ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa kumi n’ebyiri za nimugoroba. Ni icyemezo gishobora kubaho impinduka, igihe abantu bamara mu mirimo kikongerwa bijyanye n’imibare iri hasi y’ubwandu bwa COVID-19.

Ikindi cyemezo giterejweho umwanzuro mushya ni uko kugeza ubu ingendo hagati y’Umujyi wa Kigali n’Intara ndetse n’uturere dutandukanye nazo zibujijwe, kereka ku mpamvu z’ingenzi nk’ubuvuzi cyangwa ubukerarugendo.

Hitezwe kureba niba abantu za resitora zishobora kwakira bakurwa kuri 30% bakongerwa, cyangwa imodoka zitwara abagenzi zikaba zakwemererwa gutwara hejuru ya 75%.

Kugeza ubu ubukwe mu nzego za leta n’amatorero buremewe, ariko kwakira abashyitsi ntibyemewe. Hitezwe kureba niba hari impinduka zishobora kuba kuri icyo cyemezo.

Ubwo inama iheruka yateranaga abari bamaze kwandura COVID-19 bari 17.929 mu gihe abari bamaze gupfa bari 245. Ubu abanduye bageze kuri 20.186 naho abapfuye ni 280, bivuze ko hagati aho handuye abantu 2257, hapfa 35.

Icyizere cyo koroshya ingamba kandi gishingiye kuri gahunda y’ikingira rya COVID-19 ikomeje mu bafite ibyago byinshi byo kwandura cyangwa kuzahazwa na yo. Magingo aya hamaze gukingirwa abantu basaga 257.000.

Kuri uyu wa Mbere gukingira byakomereje ku bacuruza mu masoko atatu yo mu Murenge wa Karembure mu Karere ka Kicukiro bagera ku 1.500. Hakingiwe n’ibindi byiciro birimo itangazamakuru, igikorwa cyabereye muri Kigali Arena. 

Abaminisitiri batandukanye ubwo bari mu nama yayobowe na Perezida Kagame
TAGGED:COVID-19Paul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RIB Yataye Muri Yombi Umuyobozi Muri Minisiteri Y’Ibidukikije
Next Article Ingendo Zihuza Umujyi Wa Kigali N’Uturere Zafunguwe, Kugera Mu Rugo Ni Saa Tatu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ofisiye Ba Israel Bategetswe Gukoresha Mu Kazi iPhones Gusa 

I Rulindo Ngo Bagira Isuku Nyinshi

Indonesia: Abahitanywe N’Imyuzure Bamaze Kugera Kuri 414

Tshisekedi Hari Ibyo Avuga Ko Atazasinyira i Washington

Uburayi: Abanyamuryango Ba FPR-Inkotanyi Baganiriye Ku Iterambere Ry’u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibya Rayon Sports Leta Yongeye Ibyinjiramo

Kagame Yaganiriye Na Touadéra Uko RDF Yakomeza Imikoranire N’Ingabo Ze

Zelenskyy Aribaza Ukuntu Azemera Guha Uburusiya Ubutaka Bikamushobera

Israel Yishe Umuyobozi Ukomeye Wa Hezbollah Imusanze Muri Lebanon

Ikipe Y’u Rwanda Ya Basketball Yakubiswe Incuro Ku Mukino Wa Mbere Ugana Ku Gikombe Cy’Isi

You Might Also Like

Mu Rwanda

Guverineri Kayitesi Asobanura Uko Abatuye Intara Ye Bava Mu Bukene

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Kuba Twahurira Washington Tukagira Ibyo Twemeranyaho Ni Ikintu Cyiza-Kagame

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabo Za Israel Zaje Mu Rwanda, Abaganga Bayo Bajya i Burundi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abana Bafite Ubumuga Barakimwa Amahirwe Yo Kwiga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?