Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yeruye Ko Nta Kibi Kiri Mu Gufasha M23
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yeruye Ko Nta Kibi Kiri Mu Gufasha M23

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 February 2025 7:12 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yabwiye Jeune Afrique ko abantu badafasha M23 kandi iri mu kaga aribo  bahemuka kuko uriya mutwe asanga ufite impamvu zumvikana zituma ufata intwaro ukirwanirira.

Ku byerekeye ingamba z’u Rwanda zo kwirinda, Kagame yavuze ko rwazifashe kubera ko hari kabutindi irwugarije iba hakurya yarwo kandi ihamaze igihe.

Ubusanzwe u Rwanda rwemeza ko rudafasha M23 ariko-nkuko muri Mata, 2024 Kagame yigeze kubibwira itangazamakuru- ruvuga ko kuba rwafasha abari mu kaga ari ikintu cyumvikana.

Kuri iyi nshuro nabwo, Kagame yabwiye Jeune Afrique ati: “Iri ni itsinda rivugira irindi tsinda ry’abantu benshi batotezwa, bicwa, bavanywe mu byabo. Hano u Rwana tuhafite  impunzi nyinshi zabo zahahngiyehano kubera ibyo bibazo. Iyi si inshuro ya mbere barwana kuko kubera iki ibyo bibazo bigarutse nyuma y’imyaka icumi. Icya kabiri baratotezwa muri ubwo buryo kubera ko bafitanye isano n’Abanyarwanda. Hari abavuga ngo abagize M23 ni Abatutsi, rero bagomba kujya mu Rwanda kandi si u Rwanda rwabajyanye muri Congo”.

Ashingiye kuri iyo , Kagame yavuze ko kuba yagiria impuhwe abantu nkabo, ntawe byagombye gutera ikibazo.

Asanga ahubwo ababona akaengane abo bantu bafite bakakirengagiza ari bo baba bahemuka.

Kagame ati: “ Ese murashaka ko ngirira impuhwe ubutegetsi bwa Kinshasa kandi ari bwo buteza ibi bibazo byose? Oya. Ese nagirira impuhwe FDLR na Wazalendo Leta yazanye muri iyi ntambara yibasira abantu kubera ubwoko bwabo? Murashaka ko ngirira impuhwe u Burundi bwinjiye muri iyi ntambara ishingiye ku moko kandi bukaba bufatanya na Leta ya DRC mu gutoteza no kwica abo baturage?”

Yibukije ko atari ubwa mbere M23 yeguye intwaro  kuko hari nubwo yabikoze iza kuzishyira hasi mu mwaka wa 2012 kandi icyo gih nabwo yari ihanganye na Leta ya Kinshasa.

Muri icyo gihe kandi nabwo M23 yafashe Umujyi wa Goma ariko iza kuwurekura.

Kagame kandi yongeye kuvuga ko Congo ariyo ikwiye kumva ko ikibazo cy’abaturage bayo kiyireba, ikagikemura.

Yongeye kuvuga ko ibyo u Rwanda rukora byose bia bigamije kururindira umutekano kuko hari umwanzi warwo witwa FDLR urwugarije.

Yagize ati: “…Nk’Abanyarwanda dufite uburenganzira bwo kwiyitaho, kuko twarababaye bihagije…”

Iki kiganiro gitambutse mu gihe hari amakuru ko abarwanyi ba M23 bateganya no gufata umujyi  wa Bukavu, uturanye n’u Rwanda ku ruhande rwa Rusizi.

Bukavu izaba ifashwe nyuma ya Goma igiye kumara ibyumweru bitatu iri mu maboko ya M23.

TAGGED:FDLRfeaturedIntambaraKagameM23
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bamwe Mu Banyarwanda Bajya Muri Qatar Bakuriweho Visa
Next Article Ibiganiro Byo Guhagarika Intambara Ya Ukraine Biri Hafi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?