Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 October 2025 3:04 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Kagame ubwo yabagezagaho ijambo.
SHARE

Perezida Paul Kagame yabwiye bagenzi be bitabiriye Inama ihuza ibihugu by’Ubumwe bw’Uburayi n’abo mu Muryango wa Afurika yunze ubumwe ko gukorana mu bwubahane n’ubuhahirane bigirira buri wese akamaro.

Ni inama yitwa Global Gateway Forum 2025 iri kubera i Brussels mu Bubiligi izamara iminsi ibiri.

Yasabye ibihugu by’iburayi n’ibya Afurika gukorana kandi iyo mikoranire igashingira ku bwubahane.

Kagame yavuze ko nubwo icyazinduye abantu ari ugushaka imikoranire mu iterambere, hari abandi bazanywe no gutanga amabwiriza y’uburyo ibintu bigomba kugenda, bakabikora bumva ko abandi bagomba kuruca bakarumira.

Ati: “ Icyagaragaye ni uko imikorere yo kubwira bamwe ibyo bakwiye gukora n’ibyo bakwiye kwirinda itageza abantu ku kigambiriwe nyacyo. Imikoranire myiza ntivuga ubukoloni kuri bamwe, ahubwo irema agaciro buri ruhande rugirira urundi.”

Avuga ko niba Uburayi bushaka gukorana na Afurika, imikoranire irambye izashingira ku bwubahane.

Ati: “ Kuri Afurika, iby’ingenzi bigaragarira buri wese. Dushaka ibikorwaremezo, ikoranabuhanga n’inganda ngo ducuruzanye n’abandi mu buryo bufatika.”

Kagame yabwiye Abanyaburayi nabo ko gukorana neza n’Afurika bibaha isoko rinini kandi ryiza ku byo bakora, bakahabona abantu bo guhabwa akazi kandi bashoboye, bakahabona n’amabuye y’agaciro cyangwa ibindi nkenerwa mu nganda hagamije iterambere ridahungabanya ibidukikije.

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye Inama ihuza Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi n’uw’Ubumwe bwa Afuka ko iyo ari yo mikorere yaba myiza kurushaho.

Yabwiye abandi bayobozi ko imikoranire nk’iyo yamaze gutanga umusaruro hamwe na hamwe harimo n’i Kigali aho u Rwanda rwakoranye n’abanya Burayi dushinga uruganda rukora inkingo.

Inama Global Gateway Forum 2025 izanagarirwamo ibindi bibazo bya Politiki n’ububanyi n’amahanga bidindiza amajyambere ya Afurika, harebwe n’uko byakosorwa.

TAGGED:AbanyaburayiAfurikafeaturedKagameKubahana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?