Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 October 2025 1:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame ubwo yahaga abofisiye bato ipeti rya second lieutenant, yabasabye kuzaca ukubiri n’ubusinzi kuko budindiza umwuga.

Hari mu muhango wabereye i Gako mu Karere ka Bugesera.

Kagame yashimye ibihugu by’inshuti zafatanyije n’u Rwanda mu gutegura ingabo kandi ngo ubwo bufatanye bugaragaza ubucuti butuma haterwa intambwe mu majyambere.

Yashimye ababyeyi bashyigikiye abana babo binjira mu mwuga w’icyubahiro n’ubwo ‘utoroshye’.

Kuri ba ofisiye bashya, Kagame yababwiye ko bagomba kuzuza inshingano neza, uko bikwiye kandi bigakorwa bazumva neza.

Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’u Rwanda yababwiye ko u Rwanda rushaka ko barurinda, Abanyarwanda Miliyoni 14 bose bakwiye kurindwa, uko baba bangana kose.

Ati: “Ni ukugira ngo igihugu kibe gitekanye, kitavogerwa n’abatagukunda.”

Yavuze ko igihugu ayoboye cyabuze amahoro igihe kirekire, ubu kiri kubaka umubano n’abantu bose bagikunda kandi abo ba ofisiye nabo bazabigiramo uruhare.

Kagame kandi yabibukije ko ibyo byose bizabasaba kwitanga ngo igihugu cyose kibone aho gihera gitera imbere.

Kubera ko isi ihinduka, Kagame yababwiye ko bakwiye kumenya guhindukana nayo bakamenya kumenya igihe cyo kutajyana nayo igihe yaba igana ahabi.

Asanga kandi kugira ngo bakore akazi kabo neza, ari ngombwa guhora biga, kandi ntihabeho kwirara ngo abantu bumve ko bageze yo.

Ati: “Oya! Akazi karacyari kenshi… Mwe rero muri batoya muracyafite byinshi byo gutanga.”

Yababwiye ko icyo bashinzwe atari ukurinda ibyagezweho gusa ahubwo ari no kubaka ibindi byinshi kuko ari byo biranga igihugu gikomeye.

Kagame kandi yibukije abo basirikare ko bagomba kuzirikana ko u Rwanda rugira uruhare mu gufasha abandi kugarura no kurinda amahoro.

Umurimo wabo wa mbere, nk’uko Perezida Kagame abivuga, ni ugukorera Abanyarwanda kandi mu kubigenza gutyo nabo baba bikorera.

Yabasabye kandi kuzirinda ubusinzi kuko butesha umutwe bugatesha no kuzuza inshingano.

Abasirikare 987 binjiye mu Ngabo z’u Rwanda mu rwego rwa ofisiye bato baherewe ipeti rya second lieutenant mu kigo cya gasirikare cya Gako mu Karere ka Bugesera.

Bose hamwe ni 987, barimo abakobwa 117.

Ubuyobozi bw’iki kigo cya Gako bwavuze ko abo bose biyemeje kuzaharanira ko u Rwanda rutekana kandi bakarinda n’amajyambere yarwo.

Bari mu byiciro bine, icya mbere kikaba kigizwe n’abasirikare 182, bakaba barize amasomo y’umwuga wa gisirikare bayafatanyije n’amasomo ya Kaminuza y’u Rwanda y’icyiciro cya kabiri.

Ikindi kiciro kigizwe n’abanyeshuri 557 bize umwaka umwe amasomo ya gisirikare yonyine, bakaba bari basanzwe ari abasirikare bato, bahuguwe kugira ngo babe ba ofisiye bato.

Ikiciro cya gatatu kigizwe n’abantu 248 bize amezi icyenda gusa kuko hari ubundi burambe bari basanganywe mu mwuga wa gisirikare.

Icya kane cyo kigizwe naba ofisiye 42 barangije amasomo mu bihugu by’inshuti z’u Rwanda.

Iyo bamaze kwambara ipeti rya second lieutenant, barahirira kuzasohoza inshingano zabo zo kurinda igihugu no kutazahemukira Repubulika y’u Rwanda ndetse no kuzaharanira ubumwe bw’Abanyarwanda.

Icyakora ngo mu batangiye aya masomo, siko bose bayarangije kuko hari abananijwe n’imyitozo ihambaye, abandi bararwara mu gihe hari abo ikinyabupfura cyananiye barirukanwa.

TAGGED:AbasirikarefeaturedKagameUbusinzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump
Next Article Abanyarwanda Barashukwa Bakaza Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abanyarwanda Barashukwa Bakaza Mu Bushinwa Bakisanga Mu Bucakara- Amb Kimonyo 

Kagame Yibukije Ingabo Z’u Rwanda Kuzibukira Ubusinzi

Hamas Irashaka Igihe Cyo Gusesengura Gahunda Y’Amahoro Yateguwe Na Trump

Airtel Rwanda Yahawe Umuyobozi Mushya

Ubwongereza: Abantu Biciwe Mu Rusengero Rw’Abayahudi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Yabwiye Abateguye UCI Ko Bahawe Ikaze Mu Rwanda Igihe Cyose Bazashakira

Abangavu B’Abanyarwakazi Batsinzwe Bahabwa Amadolari

Amasezerano Y’u Rwanda N’Ibirwa Bya Trinidad And Tobago Mu Bwikorezi

Rwanda: Umunya Slovenia Atwaye Isiganwa Ry’Isi Mu Bagabo Batwara Igare

Ubushinwa: Huzuye Ikiraro Cya Mbere Kiri Ku Butumburuke Buruta Ubundi Ku Isi

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Drone Y’Ingabo Za DRC Yagabye Igitero Ku Birindiro Bya AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?