Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yihanganishije Abaturage Ba Tanzania, Ashima Umusanzu w’Inshuti Ye Magufuli
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Yihanganishije Abaturage Ba Tanzania, Ashima Umusanzu w’Inshuti Ye Magufuli

admin
Last updated: 18 March 2021 12:35 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yifatanyije mu kababaro n’abaturage ba Tanzania nyuma y’urupfu rwa Perezida John Pombe Maguguli, avuga ko umusanzu we mu gihugu cye n’akarere muri rusange utazibagirana.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo byatangajwe ko Magufuli yitabye Imana ku myaka 61. Yari arwariye muri Mzena Hospital i Dar es Salaam, avurwa indwara z’umutima.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Perezida Kagame yagize ati “Tubabajwe no kubura umuvandimwe wanjye n’inshuti, Perezida Magufuli. Umusanzu we mu gihugu cye no mu karere kacu ntuzibagirana. Nihanganishije cyane umuryango we n’abaturage ba Tanzania. Abaturage b’u Rwanda bifatanyije na Tanzania muri iki gihe kitoroshye.”

We are saddened by the loss of my brother and friend, President Magufuli. His contribution to his country & to our region will not be forgotten. My deepest condolences to his family and the people of Tanzania. The people of Rwanda stand with Tanzania during this difficult time.

— Paul Kagame (@PaulKagame) March 18, 2021

Mu mwaka wa 2016 Magufuli yagiriye uruzinduko mu Rwanda, ari narwo rwa mbere yari agiriye mu mahanga kuva yatorerwa kuyobora igihugu cye mu Ukwakira 2015.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yakiriwe na Perezida Kagame ku mupaka wa Rusumo, bafatanya gutaha ikiraro mpuzamahanga cya Rusumo n’umupaka uhuriweho wa Rusumo.

Icyo gihe Perezida Kagame yakiriye Magufuli mu rugo rwe, anamugabira inka eshanu amushimira umubano mwiza bafitanye.

Magufuli wari mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yanifatanyije n’Abanyarwanda mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri Werurwe 2019 Perezida Kagame na we yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Tanzania, rugamije gutsura umubano w’ibihugu byombi.

Ku butegetsi bwa Magufuli ubukungu bwa Tanzania bwarazamutse cyane, ku buryo amafaranga umuturage yinjiza mu mwaka yavuze $1020 mu 2018 agera ku to $1080  2019.

- Advertisement -

Byatumye mu mwaka ushize Banki y’Isi ishyira Tanzania mu bihugu bifite ubukungu buciriritse, aho umuturage aba abarirwa nibura $1,036 ku mwaka.

Ni intego Tanzania yari ifite ko izagerwaho mu 2025.

Uruzinduko rwa mbere rwa Magufuli nka perezida wa Tanzania yarugiriye mu Rwanda
Hafunguwe umupaka uhuriweho wa Rusumo
Mu 2016 Perezida Kagame yagabiye Magufuli inka eshanu
Perezida Kagame na Magufuli bari inshuti
Mu 2019 Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Tanzania
Perezida Kagame na Magufuli bahanye impano
TAGGED:featuredJohn Pombe MagufuliPaul KagameRwandaTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umupolisi Mukuru Aravugwaho Gushaka Guhitana Umukire Wa Mbere Mu Buhinde
Next Article Isoko Rusange Rya Afurika Ni Amahirwe U Rwanda Rukwiye Kwitaho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Amerika: Abanyarwandakazi Bo Muri RDF Barangije Amasomo Y’Ubukanishi

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?