Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yongeye Kubwira Amahanga Ko Atazayasaba Uruhushya Ngo Atabare u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yongeye Kubwira Amahanga Ko Atazayasaba Uruhushya Ngo Atabare u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2024 12:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro aherutse guha NTV Kenya Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yongeye kubwira amahanga ko igihe cyose u Rwanda ruzaba ruri mu kaga ntawe azasaba uruhushya ngo arutabare.

Umukuru w’u Rwanda yakunze kuvuga kenshi ko ku byerekeye umutekano w’u Rwanda biri mu nshingano ze kururengera.

Yakunze kubivuga kenshi ko nk’uko n’ibindi bihugu birinda ababituye, ari uburenganzira bw’Abanyarwanda n’abayobozi babo kwirindira umutekano.

Perezida Kagame yabwiye NTV ati: “ Niba umutekano w’u Rwanda wugarijwe, nta muntu nkeneye uwo ari we wese wo gusaba uruhushya ngo ndurengere.”

Mu minsi ishize, hari imvugo yari yarakozwe na Perezida wa DRC Felix Tshisekedi na mugenzi we w’Uburundi Evariste Ndayishimiye bavuze ko bafite intego zo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ndayishimiye yavuze ko ashobora gukorana n’urubyiruko rw’u Rwanda bagakuraho ubutegetsi buruyoboye.

N’ubwo Tshisekedi aherutse kuvuga ko inzira y’intambara ku Rwanda atakiyishyize imbere, mugenzi we uyobora u Rwanda Paul Kagame we yigeze kuvuga ko adashobora gufata amagambo yo gushaka gutera u Rwanda nk’imikino.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse kuvuga mu buryo bweruye ko izacunga umutekano w’Abanyarwanda mu buryo bwose bushoboka kandi ko ntabizongera kuva hakurya y’u Rwanda ngo bize kuruhungabanyiriza umutekano.

TAGGED:featuredKagameTshisekediUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article REG Irasaba Abakiliya Kwitabira Ikoranabuhanga Rishya Mu Kugura Umuriro
Next Article Ikigega RNIT Iterambere Fund Kimaze Kugwiza Miliyari Frw 42
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?