Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kagame Yongeye Kubwira Amahanga Ko Atazayasaba Uruhushya Ngo Atabare u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yongeye Kubwira Amahanga Ko Atazayasaba Uruhushya Ngo Atabare u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 March 2024 12:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro aherutse guha NTV Kenya Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yongeye kubwira amahanga ko igihe cyose u Rwanda ruzaba ruri mu kaga ntawe azasaba uruhushya ngo arutabare.

Umukuru w’u Rwanda yakunze kuvuga kenshi ko ku byerekeye umutekano w’u Rwanda biri mu nshingano ze kururengera.

Yakunze kubivuga kenshi ko nk’uko n’ibindi bihugu birinda ababituye, ari uburenganzira bw’Abanyarwanda n’abayobozi babo kwirindira umutekano.

Perezida Kagame yabwiye NTV ati: “ Niba umutekano w’u Rwanda wugarijwe, nta muntu nkeneye uwo ari we wese wo gusaba uruhushya ngo ndurengere.”

Mu minsi ishize, hari imvugo yari yarakozwe na Perezida wa DRC Felix Tshisekedi na mugenzi we w’Uburundi Evariste Ndayishimiye bavuze ko bafite intego zo gukuraho ubutegetsi bw’u Rwanda.

Ndayishimiye yavuze ko ashobora gukorana n’urubyiruko rw’u Rwanda bagakuraho ubutegetsi buruyoboye.

N’ubwo Tshisekedi aherutse kuvuga ko inzira y’intambara ku Rwanda atakiyishyize imbere, mugenzi we uyobora u Rwanda Paul Kagame we yigeze kuvuga ko adashobora gufata amagambo yo gushaka gutera u Rwanda nk’imikino.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse kuvuga mu buryo bweruye ko izacunga umutekano w’Abanyarwanda mu buryo bwose bushoboka kandi ko ntabizongera kuva hakurya y’u Rwanda ngo bize kuruhungabanyiriza umutekano.

TAGGED:featuredKagameTshisekediUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article REG Irasaba Abakiliya Kwitabira Ikoranabuhanga Rishya Mu Kugura Umuriro
Next Article Ikigega RNIT Iterambere Fund Kimaze Kugwiza Miliyari Frw 42
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?