Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kaminuza Mpuzamahanga Y’Ubuzima Mu Bufatanye N’Abahanzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kaminuza Mpuzamahanga Y’Ubuzima Mu Bufatanye N’Abahanzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 November 2021 7:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abahanzi barashimirwa uruhare rwabo mu guhangana n’icyorezo cya Koronavirusi n’ingaruka cyagize ku baturage bakanasabwa gukomeza gukora ibihangano bizana ibisubizo ku bibazo bikigaragara mu rwego rw’ubuzima.

Kaminuza  mpuzamahanga y’ubuvuzi n’ubuzima kuri bose yavuze ko umuhanzi uzakora uko ashoboye ngo yikure muri ibi bibazo izamuha ubufasha azakenera.

Iby’ubu bufatanye bwatangajwe mu gikorwa kiswe Hamwe Festival, kikaba cyabaye ku nshuro ya gatatu.

Hamwe Festival yatangijwe bwa mbere mu mwaka wa 2019,  ku nshuro ya kabiri yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu mwaka wa 2020 kubera ko muri kiriya gihe u Rwanda n’amahanga muri rusange rwari ruri mu bihe bigoye bya COVID-19 ica ibintu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Muri uriya mwaka icyakozwe cyari ugufasha abantu muri rusange kudakurwa umutima na kiriya cyorezo, bagahangana nacyo batuje.

Insanganyamatsiko mu Cyongereza yagiraga iti: “Mental Health and Social Justice.”

Kuri iyi nshuro[ya gatatu] abatanze ibiganiro bibanze cyane ku cyakorwa kugira ngo imibereho y’abahanzi ibe myiza muri iki gihe u Rwanda ruri kwivana muri COVID-19.

Kiriya kiganiro kitabiriwe n’intiti n’abandi bantu batandukanye bakora mu nzego zirimo izishinzwe imibereho myiza y’abaturage cyane cyane urubyiruko, abakora mu rwego rw’ubuzima  n’abandi.

Kubera ko ari igikorwa cyateguwe na Kaminuza mpuzamahanga  y’ubuzima n’ubuvuzi kuri bose, University of Global Health Equity, iyi Kaminuza yari ihagarariwe na Dr Agnes Binagwaho uyiyobora n’abandi bayobozi barimo umuyobozi witwa  Partners In Health (PIH) witwa  Dr. Sheila Davis.

- Advertisement -

Ku ruhande rw’u Rwanda, Leta y’u Rwanda yari ihagarariwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco Hon Edouard Bamporiki.

Bamporiki yashimye uruhare rw’iriya Kaminuza mu gutuma ubukungu bw’abahanzi bahanga mu nzego zitandukanye buzanzamuka.

Prof Agnes Binagwaho uyobora Kaminuza mpuzamahanga y’ubuzima n’ubuvuzi kuri bose

Yashimiye abateguye kiriya gikorwa  kuko ngo yizeye ko kizagenda neza.

Avuga ko mu Rwanda hari abahanzi benshi baba abahanga indirimbo, abashushanya n’abandi kandi ko bose bazungukirwa n’iriya gahunda yiswe Hamwe Festival.

Ikindi ngo mu gihe kiri  imbere abakora mu buhanzi bose bazakorana n’iriya Kaminuza kugira ngo banoze ibyo bakora kandi bivane mu ngaruka za kiriya cyorezo mu buryo burambye.

‘Hamwe Festival’ y’umwaka wa 2021 yatangiye tariki 10, ikazarangira tariki 14, Ukwakira, 2021.

TAGGED:BinagwahoCOVID-19featuredFestivalHamweKigali
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umugaba Mukuru w’Ingabo Za RDC Ari Mu Rwanda
Next Article Sinigeze Ngira Inzozi Zo Kujya Mu Gisirikare- CP Kabera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?