Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kaminuza Yo Muri Amerika Mu Bufatanye N’Ishuri Riyoborwa Na Rev. Dr. Laurent Mbanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kaminuza Yo Muri Amerika Mu Bufatanye N’Ishuri Riyoborwa Na Rev. Dr. Laurent Mbanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 January 2023 1:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa Kaminuza yitwa Samford University ikorera muri Leta ya Alabama, USA, yasinye amasezerano y’imikoranire n’ishuri rikuru rya Gikirisitu riyoborwa na Rev.Dr. Laurent Mbanda ryitwa  East African Christian College.

Basinyiye ko bagomba guhanahana abanyeshuri, abarimu no gufatanya mu bushakashatsi kuko ari bwo shingiro rya Kaminuza zose aho ziva zikagera.

Amasezerano ya mbere hagati y’impande zombi yasinywe mu Ukuboza, 2022, Kaminuza ya Samford ihagarariwe na Perezida wayo witwa Beck A. Taylor n’aho ishuri East African Christian College rihagarariwe na Rev. Dr. Laurent Mbanda.

Gahunda y’imikoranire hagati ya Kaminuza ya Stamford n’izindi yatangarijwe Inama y’abagize Inteko nyobozi yayo barayemeza.

Yari yateranye mu Ukuboza, 2022.

Rev. Dr. Laurent Mbanda ni umuyobozi mukuru wa Kiliziya y’Abangilikani mu Rwanda kandi akaba n’umwe mu bayobozi bubashywe muri Afurika y’i Burasirazuba.

Yigeze kuba umuyobozi wungirije ku rwego rw’Afurika w’Umuryango mpuzamahanga w’abanyampuhwe mu Cyongereza bita African Region for Compassion International.

Hari mbere y’uko agirwa Musenyeri wa Diyoseze ya Shyira iri mu Majyaruguru y’u Rwanda.

Mu nyigisho ze, akunze gushishikariza abantu kujya kubera abandi umusemburo w’ibyiza no kuberera imbuto.

Hagati aho abayobozi muri Kaminuza ya Samford barateganya kuzasura vuba aha Ishuri East African Christian College kugira ngo harebwe uko imikoranire yarushaho kwaguka.

Kaminuza ya Samford yashinzwe mu mwaka wa 1841.

Yigisha ibintu bitandukanye birimo ubugeni n’ubuhanga mu buvanganzo ndetse n’amasomo ajyanye n’imyemerere(theology) n’imitekerereze ya kidini.

Yashinzwe ari Kaminuza ya 87 mu zashinzwe zose muri Amerika.

Imibare iheruka( mu mwaka wa 2017) yerekana ko muri Amerika bafite Kaminuza 4,360.

Stamford niyo Kaminuza yigwamo n’Abanyamerika benshi ugereranyije n’izindi zigwamo n’abanyamahanga benshi.

Ibi byemezwa na The Wall Street Journal.

Ifite abanyeshuri b’Abanyamerika bagera ku 5,683 baturutse muri Leta 47 muri 52 zigeze Leta zunze ubumwe z’Amerika, hakaba n’abandi baturutse mu bihugu 19 ahandi ku isi.

TAGGED:AbanyamerikaIdiniKaminuzaMbanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Gusuzumwa Niba Somalia Yakwemerwa Muri EAC
Next Article Abatwa B’i Burundi Basabye Leta Amabati ‘Irayabura’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?