Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Aravugwaho Kwica Se Akoresheje Ibuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

Kamonyi: Aravugwaho Kwica Se Akoresheje Ibuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 February 2024 2:15 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inzego z’Umudugudu wa Kigina, Akagari ka Marembo,  Umurenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi,  zivuga ko  Kwizera Théoneste  yatashye mu rugo saa mbiri zijoro(20h00) asanga bagiye  kuryama, Se  Ntigurirwa Erneste  w’Imyaka 56 y’amavuko amubaza impamvu amukomangira baterana amagambo bigeze aho Ntigurirwa yirukankana Kwizera undi ahungira kwa Se wabo baturanye.

Uyu musore yaje kumva  Nyina avugiye ku muharuro akeka ko baje kumufatanya na Se afata ibuye aritera Ntigurirwa hejuru y’irugu, yongera kumwirukankana undi amanuka ku mukingo yitura mu mabuye yubitse inda.

Umugore wa Ntigurirwa wari wahuruye yahise atabaza abaturanyi baramuterura bamujyana iwe mu rugo, basanga yapfuye.

Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi Dr. Nahayo Sylvère avuga ko batahamya cyangwa ngo bahakane ko uyu musore ariwe wishe Se, icyakora ngo haracyari iperereza niryo rizerekana ukuri ku rupfu rw’uyu mubyeyi.

Yabwiye UMUSEKE Ati: “Mureke dutegereze icyo iperereza rivuga kuko tutahamya ko cyangwa ngo dushinjure Kwizera ko yamwishe cyangwa yaba yazize ayo mabuye yaguyemo.”

Meya Nahayo yasabye abana kubaha ababyeyi kubera ko biri mu nshingano zabo,  asaba n’ababyeyi gutanga uburere bwiza birinda guhutaza abana babo.

Umurambo wa Ntigurirwa wajyanywe mu Bitaro bya  Polisi Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma.

TAGGED:featuredIbuyeKamonyiMeyaPolisiSeUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Tshisekedi Agiye Gushimira Luvumbu
Next Article Itamar Wo Muri Israel Atwaye Akandi Gace Muri Tour Du Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?