Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Ikamyo Yagonze Coaster Abarenga 10 Barakomereka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kamonyi: Ikamyo Yagonze Coaster Abarenga 10 Barakomereka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 August 2023 12:49 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu taliki 16, Kanama, 2023 mu Mudugudu wa Buhoro, Akagari ka Kigembe, Umurenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi habereye impanuka ikomeye.

Yakomerekeje bikomeye abantu batanu, abandi 13 bakomereka mu buryo wavuga ko bworoheje.

Umuvuguzi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo Superintendent of Police( SP) Emmanuel Habiyaremye yabwiye Taarifa ko abakomeretse bikabije bababaye cyane igice cyo munsi y’igihimba.

Ikamyo yavaga i Muhanga igana i Kigali mu gihe coaster yavaga i Kigali ijya i Karongi.

Zakocoraniye ahitwa mu Kibuza urenze ahari Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

Coaster yari irimo abantu 18. Yari igiye i Karongi, ikaba yari burenge Kamonyi, igakatira i Muhanga igana Ngororero ikaboneza Karongi.

Abakomeretse bajyanywe ku bitaro bya Remera Rukoma abandi bajyanwa ku bindi bitaro biri hafi y’ibyo.

Ikamyo yakoze iriya mpanuka ni ikamyo isanzwe itwara amavuta ariko ngo biba ntiyari ipakiye.

Polisi ivuga ko basanze iriya mpanuka yatewe no kutaringaniza umuvuduko neza byakozwe n’uwari utwaye ikamyo, warenze igisate cy’umuhanda agenewe akagonga uwo mu kindi.

TAGGED:AbagenziCoasterfeaturedGukomerekaIkamyoImpanukaKamonyiKarongi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Niba Ushaka Amajyambere, Teza Imbere Inganda- Min Ngabitsinze
Next Article Biruta Yakiriye Ambasaderi Mushya Wa Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibiciro Bya Lisansi Na Mazutu Byazamutse

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Tuzakomeza Gukorana N’u Rwanda No Mu Guhanga Udushya-Amb Wa Israel

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Kagame Ari Muri Qatar Mu Kwigira Hamwe N’Abandi Icyarushaho Guteza Imbere Isi

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?