Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kamonyi: Umukecuru Wari Uherutse Kugurisha Ikimasa Yishwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kamonyi: Umukecuru Wari Uherutse Kugurisha Ikimasa Yishwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 October 2023 2:32 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

N’ubwo bitaremezwa ko ari cyo yazize, ariko umukecuru witwa Rosalia Mukarosi wari uherutse kugurisha ikimasa yishwe n’abantu bikekwa ko bari baje kumusahura amafaranga y’ikimasa yari amaze iminsi agurishije.

Yari atuye mu Mudugudu wa Rukoma, Akagari ka Remera, Umurenge wa Rukoma mu Karere ka Kamonyi.

Bagenzi bacu ba UMUSEKE bavuga ko amakuru bahawe n’Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma witwa Mandela Innocent yababwiye ko uriya mukecuru yibanaga kandi ngo nta mwana yigeze abyara.

Iby’urupfu rw’uyu mukecuru w’imyaka 69 byamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane taliki 19, Ukwakira, 2023.

Gitifu Mandela avuga ko bakimara kumenya ayo makuru  bihutiye kujyayo, bahageze busanga abo bagizi ba nabi bamwishe bahita banduruka.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane ubuyobozi bw’ibanze bwakoranye inama n’abaturage bo mu Mudugudu uriya mukecuru yari atuye mo barabahumuriza.

Amakuru avuga ko muri uyu Murenge kandi hari abagizi ba nabi bitemye umu DASSO witwa François Ndayizeye bamukomeretsa ikiganza bashaka kumwambura Telefoni.

Mu byumweru 2 bishize Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Musabyimana Jean Claude ari kumwe  n’inzego z’umutekano basuye abatuye uyu murenge, bababwira ko bagiye guhangana n’abiyita Abahebyi bitwaza intwaro gakondo n’amabuye bagatera Inzego zishinzwe Umutekano amabuye.

Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo ACP Twizere yaburiye abo Bahebyi ko bazahura n’akaga niba bataretse iyo myitwarire y’ubwicamategeko.

TAGGED:featuredGitifuKamonyiUmukecuruUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushinwa Buhise Butera Taiwan Amerika Yafasha Nde Ikareka Nde?
Next Article U Rwanda Rugiye Kubaka Ikigo Nyafurika Kita Ku Mboga N’Imbuto
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?