Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batemanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Karongi: Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batemanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2025 11:04 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Byabereye mu Murenge wa Bwishyura ariko amabuye acukurwa muwa Gitesi.
SHARE

Mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi haravugwa gutemana hagati y’abantu babiri bacukura amabuye y’agaciro mu mugezi wa Nyabahanga uri mu Murenge wa Gitesi. Uko gutemana kwabereye mu Murenge wa Bwishyura.

Umwe yahise apfa ariko andi makuru twahawe n’umwe mu baturage waje gutabazwa avuga ko hari umugore waguye hasi biza kumuviramo urupfu nyuma yo kubona aho batema umuntu agapfa.

Ibyo bivuze ko abapfuye ari babiri barimo uwatemwe n’uwabibonye bikamutera ikibazo cyavuyemo urupfu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitesi Vianney Nsanganira yabwiye Taarifa Rwanda ko abo bantu batemaniye mu kabari kari mu Murenge wa Bwishyura.

Avuga ko ibindi bisobanuro bikwiye gutangwa n’ubuyobozi bw’uwo Murenge.

Gitifu wawo witwa Saiba Gashanana ntiyashoboye kwitaba telefoni ngo agire icyo abitubwiraho.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba SP Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko abo bantu bagiranye amakimbirane ubwo bari mu Kabari k’uwitwa Hakizimana Bonaventure naho uwatemwe ni Michel Nsekanabo.

Polisi ivuga ko uyu yakomeretse bikomeye biza kumuviramo urupfu.

Hari aho kandi-nk’uko Twizere abivuga- umukecuru witwa Christine Ntivuguruzwa ‘yatsikiye’ agwa hasi arapfa.

Ntiyemeza niba uwo mukecuru yazize guhagarara k’umutima bitewe n’uko gutemwa nk’uko umuturage yabitubwiye, ariko yemeza ko yikubise hasi hashiramo umwuka.

SP Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko Polisi yatabajwe, iza kureba ibibaye kandi hari abantu batatu bafashwe ngo bakorweho iperereza kuri ubwo bwicanyi.

Ati: “Tuboneye ho kwibutsa abaturage ko gukemura amakimbirane binyuze mu bugizi bwa nabi bishobora guteza ingaruka zikomeye zirimo no kubura ubuzima bw’abantu. Turakangurira buri wese kujya atangira amakuru ku gihe kugira ngo haburizwemo icyaga no kwirinda ikintu cyose cyahungabanya umutekano w’abandi”.

Mu Murenge wa Bwishyura aho byabereye ni ahitwa ‘Kwa Biracika’.

Ni agasanteri kazwi gaturanye n’aho bita kuri Foyer.

Umuturage waduhaye amakuru y’ibanze kuri iyi nkuru avuga ko byabaye ahagana saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kandi ko ababivugwaho ari abantu basanganywe imyitwarire yise ko ari ‘iy’ibihazi’.

TAGGED:AmabuyeBwishyuraGitesiGutemaGutemanaKarongiUmugoreUrugomo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Twatanze Imbanzirizamushinga Y’amahoro Twifuza Muri DRC- Nduhungirehe
Next Article AI: Igikoresho Cy’Ingirakamaro Ku Munyamakuru Uzi Icyo Ashaka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Undi Mugore Yafatanywe Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Babona Bate Inkuru Zibakorwaho?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?