Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Ubutabera Bumaze Gufata 36 Bari Barabutorotse Bakekwaho Jenoside
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Karongi: Ubutabera Bumaze Gufata 36 Bari Barabutorotse Bakekwaho Jenoside

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 April 2025 8:56 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Bibutse abiciwe mu bigo byigishaga ubuhinzi n'ubworozi
SHARE

Mu Murenge wa Bwishyura aharaye habereye kwibuka ku nshuro ya 31 Abatutsi bazize Jenoside mu mwaka wa 1994 bigaga mu kigo EAFO Nyamishaba na ETO Kibuye hatangarijwe ko mu mezi ane abantu 36 bari baratorotse ubutabera bakurikiranyweho uruhare muri Jenoside bafashwe.

Ubuyobozi bwa Karongi bwavuze ko ifatwa ry’abo bantu ryashobotse k’ubufatanye n’izindi nzego.

Umuyobozi wungirije wa Karongi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Umuhoza Pascasie yavuze ko bafashwe nyuma y’igihe bashakishwa, yongera kwibutsa abantu ko Jenoside ari icyaha kidasaza.

Asanga uwagikoze adashobora kwihisha ubuzima bwe bwose kandi ko n’uwihishe nawe bigera aho agafatwa cyangwa akazapfa akihishahisha.

Ati: “Tumaze gufata abantu 36 bakoze Jenoside bari baratorotse ubutabera. Na bariya banyeshuri mutubwiye mukeka ko bagize uruhare mu kwica Abatutsi hano tugiye gufatanya n’izindi nzego hakorwe iperereza ryimbitse ku byaha bakekwaho”.

Mu buhamya bwatangiwe ahabereye kiriya gikorwa, havugiwe ko hari abigaga muri biriya bigo bakoranye n’Interahamwe bica Abatutsi biganaga n’abari babituriye.

Abarokokeye muri EAFO Nyamishaba bavuga ko tariki 15, Mata, 1994 ari bwo batangiye kwicwa, batemeshwa ibyuma bityaye bisanzwe bikoreshwa mu gutunganya ubusitani bitema ibyatsi bita kupa kupa( coupe-coupe mu Gifaransa) n’ibindi bikoresho bifashishaga mu masomo y’ubuhinzi, ubworozi no kwita ku mashyamba.

Mu bigaga aho, harimo abarokotse ari nabo basomeye abari baje kwibuka amazina ya bamwe mu bo bazi ko bagize uruhare mu kwica Abatutsi biganaga, abakoraga cyangwa abari baturiye iryo shuri.

Basabye ko inzego zazakorana ababigizemo uruhare urwo ari rwo rwose bakabibazwa.

Perezida wa IBUKA mu Karere ka Karongi, Ngarambe Védaste yabwiye IGIHE ko mu bakatiwe n’IOnkiko Gacaca kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Prefegitura ya Kibuye harimo abatorokeye muri Uganda.

Ati:  “…Hari abamaze iminsi bafatwa bari bihishe mu Ntara y’Uburasirazuba muri za Ngoma na Kirehe. Mfite n’igitekerezo maranye iminsi cy’uko Ngoma na Kirehe bazadukorera urutonde rw’abagiye kuhatura baturutse ku Kibuye natwe tugakora urutonde rw’abaje gutura ku Kibuye baturutse muri biriya bice, tukagurana izo ntonde hakagenzurwa ko nta ruhare bagize muri Jenoside”.

Perefegitura ya Kibuye hagati y’umwaka wa 1992 n’umwaka wa 1996  yari ifite Komini na Segiteri zikurikira:

Bwakira :Cyantare, Cyanyanza, Mugunda,Murambi, Murundi, Musasa, Ngoma, Nyabinombe, Nyabiranga, Rusengesi, Shyembye

Gishyita : Bisesero, Gishyita, Mara, Mpembe, Mubuga, Murangara, Musenyi na Ngoma

Gisovu : Gikaranka, Giko, Gisovu, Gitabura, Kavumu, Muramba, Rugaraga, Rwankuba na Twumba

Gitesi : Bubazi, Burunga, Buye, Bwishyura, Gasura, Gitarama, Gitesi, Kagabiro, Kayenzi, Mbogo, Rubazo na Ruragwe

Kivumu : Bwira, Gasave, Kibanda, Kigali, Kivumu, Mwendo, Ndaro, Ngobagoba, Nyange, Rukoko na Sanza.

Mabanza :Buhinga, Gacaca, Gihara, Gitwa, Kibirizi, Kibingo, Kigeyo, Mukura, Mushubati, Ngoma, Nyagatovu, Nyarugenge, Rubengera na Rukaragata.

Mwendo : Biguhu, Rucura, Gisayura, Shoba, Ruganda, Mutuntu, Mugano, Kigoma, Gahengeri, Gashali na Kagunga

Rutsiro : Birambo, Bwiza, Gasovu, Gatoki, Gihango, Gitebe, Kagano, Manihira, Muhira, Nyarucundura, Rugarambiro, Rugote na Rusebeya

Rwamatamu :Butembo, Cyiza, Gihombo, Gitsimbwe, Kilimbi, Mahembe, Mugozi, Nyabinaga, Nyagahima, Nyagahinga, Ruvumbu na Rwabisindu.

Perefegitura zari zigize u Rwanda rwo mu mwaka wa 1992 na 1996.

Ubushakashatsi bwigeze gukorwa n’Umuryango w’abahoze ari Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi barangije za Kaminuza, GAERG, bwagaragaje ko mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye ari ho habaruwe imiryango myinshi y’Abatutsi yazimywe muri Jenoside.

TAGGED:AbantufeaturedGutorokaJenosideKarongiUbutabera
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubugome Interahamwe Zicanye Abatutsi Bwari Indengakamere
Next Article DJ Ira Yarahiriye Kuba Umunyarwandakazi Nyawe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?