Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Umuyobozi Avugwaho Kugurisha Inka Y’Umukecuru Akayarya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Karongi: Umuyobozi Avugwaho Kugurisha Inka Y’Umukecuru Akayarya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 August 2022 5:36 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Kagari ka Gisayura, Umurenge wa Mutuntu mu Karere ka Karongi hari amakuru avuga ko Umuyobozi nshingwabikorwa w’aka Kagari n’umukozi wako ushinzwe imibereho myiza y’abaturage( SEDO) batawe muri yombi.

Amakuru dufite kugeza ubu avuga ko hari ubwumvikane buke bwari bumaze iminsi buvugwa hagati y’aba bagabo bombi ndetse ngo ikibazo cyabo cyagejejwe mu Kanama nkemurampaka k’Umurenge wa Mutuntu ngo kabyigeho karebe icyakorwa.

Hari n’andi makuru twahawe n’umwe mu baturage avuga ko muri uyu mwaka wa 2022 abaturage bareze SEDO k’ubuyobozi bw’Umurenge ko yagurishije imyumbati bari barateye muri gahunda ya VUP amafaranga avuyemo ntibamenya aho yarengeye.

Ni amafaranga anga na Frw 600,000.

Mu mwaka wa 2017, SEDO wa Gisayura niwe wari ufite n’inshingano za Gitifu w’Akagari kuko ntawari uhari.

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mutuntu buvuga ko uriya mugabo ( SEDO) yabwiye abaturage ko bamwizera akabafasha gusarura imyumbati akayibagurishiriza akazabaha amafaranga.

Muri ya mafaranga yavuyemo, yabahaye make andi arayagumana kuva icyo gihe kugeza n’ubu.

Andi makuru avuga ko hari abaturage bahaye Gitifu  w’Akagari ka Gisayura amafaranga mu rwego rwo gutanga Mutuelle de Santé aho kugira ngo ayabagereze aho yari agenewe bityo bazashobore kwivuza, arayarya!

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mutuntu witwa André Twamugabo yabwiye Taarifa ko hari abaturage baje kumutakambira bamubwira ko bahaye amafaranga Gitifu w’Akagari akayarya.

Ati: “Nabimenye kubera ko abaturage barwara bajya kwivuza bagasanga nta mutuelle bishyuye kandi barayahaye  Gitifu ngo ayabatangire ahubwo akayashyira ku mufuka we. Barabimbwiye nibwo nahamagaye inzego zibishinzwe.”

Uyu muyobozi avuga ko imyitwarire nk’iriya ishobora kwangisha abaturage ubuyobozi bityo ko umuntu wese ukora ubwicamategeko akarenganya abaturage aba agomba kubikurikiranwaho.

Indi ngingo twamenye ko iri mu zatumye Gitifu w’Akagari atabwa muri yombi, ni uko yasaruye amashyamba y’abaturage nta ruhushya rutanzwe n’inzego zose bireba.

Ubusanzwe niyo ishyamba ryaba ryeze rigeze igihe cyo gusarurwa, ni ngombwa ko haboneka icyangombwa kibyemerera abashaka kurisarura.

Ibi ntabwo byakozwe!

Ikindi  cyatumye Gitifu afatwa n’uko hashize amezi atanu agurishije ikimasa cy’umukecuru ku  Frw 120,000 akamuha Frw 30,000 gusa andi akayifunga.

Uyu mukecuru yaje gutabaza ubuyobozi bw’Umurenge wa Mutuntu kugira ngo bumuvuganire ahabwe amafaranga ye.

Nibwo ‘case’ ye yahise itangira gukurikiranwa.

Ku ruhande rwa SEDO, hari ikindi kintu twamenye ko yakoze mu buryo budakwiye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mutuntu yiyemeje kwishyurira Mutuelle de Santé bamwe mu baturage bo muri Gisayura batishoboye.

Nk’umuyobozi ushinzwe imibereho myiza mu kagari, SEDO niwe wayahawe kugira ngo azayishyurire abo baturage, buri wese mu izina rye.

Uyu muyobozi yigiriye inama yo kuyariganya abaturage.

Yahamagaraga umuturage, akamubwira ko ariya mafaranga ari we[SEDO] uyamwishyuriye, ko ayamugurije kugira ngo ataba ari aho atarishyuye Mutuelle ariko ko azayamusubiza.

Byasaga n’aho ariya mafaranga ari iya SEDO w’umugiraneza uhisemo kuba yishyuriye abaturage be bakazayamusubiza bayabonye.

Ubwo twandikaga iyi nkuru ku Biro by’Umurenge wa Mutuntu hari n’abandi bantu bagera kuri 30 baje kubaza irengero rya Mutuelle bishyuye ariko amafaranga ntagezwe aho  agomba kugera….

Taarifa iherutse kwandika ko abayobozi mu nzego z’ibanze cyane cyane ba gitifu b’Akagari bafite ububasha buruta ubwa Jenerali utuye mu Kagari bayobora.

Imbaraga za gitifu w'akagari ziruta iza jenerali ugatuyemo.

Is the volume enough? pic.twitter.com/VXdKXBuld2

— Janvier POPOTE (@JanvierPopote) July 12, 2022

Ni inkuru yakuruye impaka kuri Twitter bamwe, barimo n’abakora mu kigo kitwa RALGA, bayamagana bavuga ko igamije gushyushya imitwe y’abasomyi ariko abandi bakavuga ko mu by’ukuri Gitifu w’Akagari akomeye kuko ari we uhagarariye ubutegetsi bwite bwa Leta mu Kagari.

Ikibabaje ni uko hari bamwe bakoresha nabi ubwo bubasha nk’uko iyi nkuru iri kubisobanura.

Imbaraga Za Gitifu W’Akagari Ziruta Iza Jenerali Ugatuyemo

TAGGED:AkagarifeaturedGitifuInkaMutuntuSEDO
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Indege Z’Intambara Z’u Burusiya Mu Kirere Cya Finland Na Suède
Next Article Ikirere Gihinduka Ukwacyo: Ubushyuhe Bukabije Bwasimbuwe N’Imvura Irimo Inkubi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageUbuzima

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?