Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Karongi: Yaje Yitwaje Frw 100,000 Byo Guhamo Abapolisi Ruswa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Karongi: Yaje Yitwaje Frw 100,000 Byo Guhamo Abapolisi Ruswa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 20 March 2022 9:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo w’imyaka 32 y’amavuko yatawe muri yombi na Polisi y’u Rwanda akurikiranyweho guha ruswa abapolisi bakoresha ibizamini byo gutwara ibinyabiziga. Bivugwa ko yayitanze kugira ngo areba ko bamwemerera ko yatsinze kiriya kizamini.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’i Burengerazuba Superintendent of Police( SP) Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko uwo Polisi yafashe yari agiye guha abapolisi ruswa ya Frw 100,000.

Yashakaga ko bamwemerera kubona  uruhushya rwo ku rwego rwa C.

Yaje ayafite mu mufuka

Yafatiwe  ahakorerwaga ikizamini mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Umuvuguzi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba Superintendent of Police (SP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko uwafashwe yafashwe ubwo yari amaze gutsindwa ikizamini cyo kuzenguruka (Circulation) agahitamo gushaka gutanga ruswa.

Ati: “…Yabanje gukora ikizamini cyo gusubira inyuma (cones) aragitsinda. Hagombaga gukurikiraho ikizamini cyo kuzenguruka, yinjira mu modoka ari kumwe n’abapolisi babiri bagombaga kukimukoresha yagitsinda kikamuhesha uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga icyiciro (C), ariko yaje gutsindwa  ahita abwira abapolisi ko afite amafaranga ibihumbi 100 yo kubaha ngo bamufashe atsinde nibwo yayakuraga mu mufuka ayabahaye bahita bamufata.”

Amakuru Taarifa yamenye avuga ko uriya mugabo yari yaje amafaranga ayafite, azinze  neza hakoreshejwe akantu ka pulasitiki bita fimbo.

Umwe mu babonye uko byagenze yatubwiye ko uriya mugabo yabwiye ko bakiriye ariya mafaranga, bakamufasha ‘ntacyo byaba bitwaye.’

Aho kubimufashamo bahise bamwambika amapingu.

- Advertisement -

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’i Burengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi agira abantu inama yo kujya bakora ibintu biciye mu mujyo, bakirinda kwaka cyangwa kwakira ruswa kuko bihanwa n’amategeko.

SP Bonaventure Twizere Karekezi

Ngo kubona uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga ni uburenganzira bwa buri Munyarwanda wujuje ibisabwa bityo rero  abashaka gukora ibizamini bagomba kugana aho bigishiriza gutwara ibinyabiziga bakiga neza, bagakora ibizamini byateganyijwe kandi bakemera ibisubizo bahawe.

Ruswa ni icyaha gihanwa n’amategeko y’u Rwanda. Itegeko no 54/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rirwanya ruswa  ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa  wakira mu buryo ubwo aribwo bwose, indonke iyo ariyo yose, aba akoze icyaha.

Iyo agihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kuva k’umyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’izahabu  y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5)z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

TAGGED:featuredKarongiMunyarwandaPolisiRuswaRwandaTwizere
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Muheto Niwe Nyampinga W’u Rwanda 2022
Next Article U Rwanda Rwifatanyije N’Amahanga Kwizihiza Umunsi Wahariwe Francophonie
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?