Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Katumbi Yasezeye Uwo Bari Bafatanyije Kurwanya Tshisekedi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Katumbi Yasezeye Uwo Bari Bafatanyije Kurwanya Tshisekedi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 July 2023 8:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Moïse Katumbi uri ku ruhande rw’abatavuga rumwe na Leta yaraye yitabiriye ikiriyo cy’uwahoze ari umuvugizi w’ishyaka rye witwa  Chérubin Okende uherutse kwicwa arashwe.

Uyu mugabo yigeze kuyobora Minisiteri yo gutwara abantu n’ibintu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Urupfu rwe rwemejwe kandi rwamaganwa n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC witwa Patrick Muyaya.

Ubutumwa yacishije kuri Twitter Muyaya yaranditse ati: “ Guverinoma yamenye kandi ibabazwa cyane n’urupfu rwa nyakwigendera Chérubin Okende Senga. Turamagana ibyabaye kandi tugasaba inzego zose bireba guhaguruka hagashakishwa abantu bose bagize uruhare mu rupfu rwe.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yafashe mu mugongo abo mu muryango wa nyakwigendera, avuga ko igihugu kibari inyuma.

N’ubwo Guverinoma ivuga ko ari uko ibibona, hari abavuga ko yaba yagize uruhare mu rupfu rw’uriya mugabo wari usanzwe uba mu ishyaka rya Moïse Katumbi.

Kuri uyu wa Gatatu taliki 12, Nyakanga, 2023 mu masaha y’umugoroba nibwo ngo uriya mugabo yashimuswe.

Bivugwa ko yashimutiwe hafi y’Ibiro by’Urukiko rurinda itegeko nshinga.

Nta gihe kinini cyari gihise ahamagawe ngo aze agire ibyo asobanura ku mutungo we kuko ngo wiyongereye cyane mu gihe yari amaze ari Minisitiri.

- Advertisement -

Bwarakeye umurambo we uboneka yarashwe amasasu menshi.

Hari abavuga ko kuba yishwe hasigaye amezi atanu ngo amatora y’Umukuru w’igihugu abe muri DRC ari uburyo bwo gukura umutima abo mu ishyaka rye riyobowe na Moïse Katumbi.

Katumbi yabwiye RFI ko yababajwe cyane n’urupfu rw’uriya mugabo wari usanzwe ari n’Umuvugizi w’ishyaka rye.

TAGGED:IgihuguKatumbiUmurambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Madamu Wa Perezida W’u Burundi Ategerejwe Mu Rwanda
Next Article Cardinal Kambanda Yageneye Impano Perezida Wa Hungary
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Ubuhinde Na Pakistan Byambariye Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?