Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Katumbi Yasezeye Uwo Bari Bafatanyije Kurwanya Tshisekedi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Katumbi Yasezeye Uwo Bari Bafatanyije Kurwanya Tshisekedi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 July 2023 8:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Moïse Katumbi uri ku ruhande rw’abatavuga rumwe na Leta yaraye yitabiriye ikiriyo cy’uwahoze ari umuvugizi w’ishyaka rye witwa  Chérubin Okende uherutse kwicwa arashwe.

Uyu mugabo yigeze kuyobora Minisiteri yo gutwara abantu n’ibintu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Urupfu rwe rwemejwe kandi rwamaganwa n’Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC witwa Patrick Muyaya.

Ubutumwa yacishije kuri Twitter Muyaya yaranditse ati: “ Guverinoma yamenye kandi ibabazwa cyane n’urupfu rwa nyakwigendera Chérubin Okende Senga. Turamagana ibyabaye kandi tugasaba inzego zose bireba guhaguruka hagashakishwa abantu bose bagize uruhare mu rupfu rwe.”

Yafashe mu mugongo abo mu muryango wa nyakwigendera, avuga ko igihugu kibari inyuma.

N’ubwo Guverinoma ivuga ko ari uko ibibona, hari abavuga ko yaba yagize uruhare mu rupfu rw’uriya mugabo wari usanzwe uba mu ishyaka rya Moïse Katumbi.

Kuri uyu wa Gatatu taliki 12, Nyakanga, 2023 mu masaha y’umugoroba nibwo ngo uriya mugabo yashimuswe.

Bivugwa ko yashimutiwe hafi y’Ibiro by’Urukiko rurinda itegeko nshinga.

Nta gihe kinini cyari gihise ahamagawe ngo aze agire ibyo asobanura ku mutungo we kuko ngo wiyongereye cyane mu gihe yari amaze ari Minisitiri.

Bwarakeye umurambo we uboneka yarashwe amasasu menshi.

Hari abavuga ko kuba yishwe hasigaye amezi atanu ngo amatora y’Umukuru w’igihugu abe muri DRC ari uburyo bwo gukura umutima abo mu ishyaka rye riyobowe na Moïse Katumbi.

Katumbi yabwiye RFI ko yababajwe cyane n’urupfu rw’uriya mugabo wari usanzwe ari n’Umuvugizi w’ishyaka rye.

TAGGED:IgihuguKatumbiUmurambo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Madamu Wa Perezida W’u Burundi Ategerejwe Mu Rwanda
Next Article Cardinal Kambanda Yageneye Impano Perezida Wa Hungary
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?