Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kayonza: Bavanye Abana Mu Ishuri Ngo Bazabiyigishiriza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kayonza: Bavanye Abana Mu Ishuri Ngo Bazabiyigishiriza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2023 6:25 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imiryango imwe n’imwe itsimbaraye ku myemerere ya kidini yo mu Murenge wa Kabarondo, Akagari ka Rusera mu Karere ka Kayonza, ivugwaho gukura abana mu ishuri ngo ntibihuje n’imwemerere yabo. Bavuga ko bo[ababyeyi] bazabiyigishiriza.

Abafite iyi myemerere bivugwa ko bahoze ari Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi ariko bakaza kwitandukanya nabo.

Umwe mu bagize iriya miryango yabwiye umunyamakuru wa Radio/TV 10 ko yakuye abana mu ishuri kugira ngo abiyigishirize nibimunanira ashake undi ubigishiriza mu rugo amuhembe.

Uwabimubwiye ni umugabo ufite abana batatu.

Yagize ati: “ Ni ukuvuga ko iki gihugu gifite abantu bicaye ,badafite n’akazi kandi bize ushobora kubwira ngo ngwino unyigishirize umwana ukamwigisha.”

N’ubwo uyu mugabo  hamwe na bagenzi be aari uko babibona , ku rundi ruhande, abaturanyi be bamunenga ko we na bagenzi be bari kubuza abana amahirwe yo kwiga kandi bo barize.

Abaturanyi bavuga ko bariya bantu babikora babitewe n’ubujiji ariko bakibaza impamvu bo bize hanyuma ntibabe bari guha abana babo ayo mahirwe!

Hari uwagize ati: “ Barize kandi na Bibiliya barayifashisha. Ndi kumva ari bwa bujiji abantu bagezemo. Bakurikiye y’uko aho Isi igeze, bumva ko bagomba kuvana abana mu ishuri ariko njye nabonye ari ubujiji bagiyemo kandi bo barageze mu mashuri.”

Umwe muri bo yasabye ubuyobozi guhagurukira aba bantu, bagasubiza abana kwigira mu ishuri.

Yagize ati: “ Turasaba ko abana barenganurwa kugira ngo basubire mu mashuri .”

Abo bantu basanzwe bagorana…

Jean Paul Kagabo uyobora Umurenge wa Kabarondo aho bariya bantu batuye, yabwiye itangazamakuru ko n’ubusanzwe bariya bantu bagorana.

Mu gihe cyo gukurikiza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 nabwo babijije ubuyobozi icyokere.

Kagabo avuga ko bagiye gukora ‘ibishoboka byose’ ngo abana basubire mu ishuri.

Yemeza ko batazananirana kuko aho batuye hazwi ndetse nabo bazwi.

Ati: “ …Batuye iwacu, barazwi aho batuye. No ku ngamba za COVID-19 bagiye batugora ku buryo batazumvaga neza. Ku bijyanye no gukura abana mu ishuri byo ntabwo twabyemera. Ni uguhohotera abana ndetse bica n’u Rwanda Rw’ejo.”

Kugeza ubu iyo miryango isengera mu rugo rw’umuntu.

Bivugwa ko yahoze isengera mu idini ry’Abadivantisi b’umunsi wa Karindwi.

TAGGED:AbanaAbaturageCOVID-19featuredGitifuIshuriKayonzaUbujijiUmurenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abahanzi B’i Burundi Bababazwa N’Uko Umuziki Nyarwanda Uri Kubatwara Isoko
Next Article Abarusiya Bakomeye Bari Gupfa Mu Buryo Bw’Amayobera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Ibibazo By’Ubufaransa Bizajegeza Uburayi Bwose

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?