Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kayonza: Bemeza Ko Isuku Mu Mashuri Bayigize Umuco
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Kayonza: Bemeza Ko Isuku Mu Mashuri Bayigize Umuco

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 January 2024 5:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rugira Jean Baptiste ushinzwe ubuzima mu Karere ka Kayonza n’ibikorwa by’isuku n’isukura avuga ko kuba ishuri ryisumbuye rya Gishanda ryarimakaje isuku bigaragaza ko ubukangurambaga bwo kugira isuku mu bigo by’amashuri bwatanze umusaruro.

Avuga ko mu Karere ka Kayonza haba ibigo by’amashuri 270 kandi aho hose ngo haba ibigo byimakaje isuku.

Rugira avuga ko buri kigo kigira icyumba cy’umukobwa, kandagira ukarabe n’ibindi bituma abanyeshuri babaho basukuye.

Ikindi ni uko abana biga muri ibyo bigo banywa amazi atetse cyangwa ayunguruje icyuma bita ‘water filter’.

Ibi byose biri mu birinda abana kurwara inzoka ziterwa no kunywa amazi yanduye.

Muri rusange Abanyarwanda benshi bagana ibitaro baba barwaye indwara zikomoka ku mwanda.

Kwigisha Abanyarwanda ububi bwo kunywa amazi yanduye biri mu bigabanya umubare w’abarwara izo ndwara.

Umuyobozi w’Ikigo cy’amashuri cya Gishanda kiri mu Murenge wa Rwinkwavu witwa Soeur Marie Solange Mukamuganga avuga ko isuku bayimakaje guhera mu ncuke kugeza mu mashuri yisumbuye.

Avuga ko basuzuma niba buri mwana yakarabye, yambaye imyenda imeshe, aciye inzara ndetse anogoshe.

Uyu mubikira avuga ko batoje abana kumenya ko amashuri bigamo agomba kuba akeye kandi agatagaza uko iwabo yasize hasa.

Ati: “Bituma iyo umwana ageze iwabo agenza nk’uko yasize abigenje ku ishuri akahagirira isuku ”

Imbere ya buri shuri haba kandagira ukarabe n’isabune kugira ngo buri Munyeshuri uvuye ku bwiherero cyangwa ahandi handuye yisukure.

Iri shuri riba mu Murenge wa Rwinkwavu

Ikindi ni uko abana batakarabye bavuye iwabo basabwa uburyo bwo gukaraba no gufura imyenda yabo.

Niyomufasha Philbert wiga kuri iki kigo ashima abarimu babatoza umuco w’isuku kandi iyo suku bayikomereza n’iwabo nk’uko abyemeza.

Mugenzi we witwa Isaro Marie Ange Partaite nawe avuga ko bize isuku kandi yabacengeye.

Umukozi muri RBC ukora mu gashami gashinzwe indwara zititaweho zirimo n’iziterwa n’umwanda witwa Nathan Hitiyaremye avuga ko kuba muri bigo bya Kayonza hari uburyo bwo kugira isuku ari ibyo kwishimira.

Avuga ko ubwo bukangurambaga buzakomeza kugira ngo abantu bose bumve akamaro k’isuku cyane cyane mu bakiri bato n’ahantu hahurira abantu benshi.

Avuga ko Minisiteri y’uburezi nayo ari iyo gushimwa kuko ifasha mu kuzamura imyumvire y’abanyeshuri mu kugira isuku.

TAGGED:AmazifeaturedIsukuKayonza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Yishimira Ko Kwagura Amarembo Byafashije Abanyarwanda Kwiga Imahanga
Next Article Rwanda: Batandatu Bapfiriye Mu Kiyaga Cya Mugesera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?