Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kayonza: Bemeza Ko Isuku Mu Mashuri Bayigize Umuco
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubuzima

Kayonza: Bemeza Ko Isuku Mu Mashuri Bayigize Umuco

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 January 2024 5:03 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Rugira Jean Baptiste ushinzwe ubuzima mu Karere ka Kayonza n’ibikorwa by’isuku n’isukura avuga ko kuba ishuri ryisumbuye rya Gishanda ryarimakaje isuku bigaragaza ko ubukangurambaga bwo kugira isuku mu bigo by’amashuri bwatanze umusaruro.

Avuga ko mu Karere ka Kayonza haba ibigo by’amashuri 270 kandi aho hose ngo haba ibigo byimakaje isuku.

Rugira avuga ko buri kigo kigira icyumba cy’umukobwa, kandagira ukarabe n’ibindi bituma abanyeshuri babaho basukuye.

Ikindi ni uko abana biga muri ibyo bigo banywa amazi atetse cyangwa ayunguruje icyuma bita ‘water filter’.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi byose biri mu birinda abana kurwara inzoka ziterwa no kunywa amazi yanduye.

Muri rusange Abanyarwanda benshi bagana ibitaro baba barwaye indwara zikomoka ku mwanda.

Kwigisha Abanyarwanda ububi bwo kunywa amazi yanduye biri mu bigabanya umubare w’abarwara izo ndwara.

Umuyobozi w’Ikigo cy’amashuri cya Gishanda kiri mu Murenge wa Rwinkwavu witwa Soeur Marie Solange Mukamuganga avuga ko isuku bayimakaje guhera mu ncuke kugeza mu mashuri yisumbuye.

Avuga ko basuzuma niba buri mwana yakarabye, yambaye imyenda imeshe, aciye inzara ndetse anogoshe.

- Advertisement -

Uyu mubikira avuga ko batoje abana kumenya ko amashuri bigamo agomba kuba akeye kandi agatagaza uko iwabo yasize hasa.

Ati: “Bituma iyo umwana ageze iwabo agenza nk’uko yasize abigenje ku ishuri akahagirira isuku ”

Imbere ya buri shuri haba kandagira ukarabe n’isabune kugira ngo buri Munyeshuri uvuye ku bwiherero cyangwa ahandi handuye yisukure.

Iri shuri riba mu Murenge wa Rwinkwavu

Ikindi ni uko abana batakarabye bavuye iwabo basabwa uburyo bwo gukaraba no gufura imyenda yabo.

Niyomufasha Philbert wiga kuri iki kigo ashima abarimu babatoza umuco w’isuku kandi iyo suku bayikomereza n’iwabo nk’uko abyemeza.

Mugenzi we witwa Isaro Marie Ange Partaite nawe avuga ko bize isuku kandi yabacengeye.

Umukozi muri RBC ukora mu gashami gashinzwe indwara zititaweho zirimo n’iziterwa n’umwanda witwa Nathan Hitiyaremye avuga ko kuba muri bigo bya Kayonza hari uburyo bwo kugira isuku ari ibyo kwishimira.

Avuga ko ubwo bukangurambaga buzakomeza kugira ngo abantu bose bumve akamaro k’isuku cyane cyane mu bakiri bato n’ahantu hahurira abantu benshi.

Avuga ko Minisiteri y’uburezi nayo ari iyo gushimwa kuko ifasha mu kuzamura imyumvire y’abanyeshuri mu kugira isuku.

TAGGED:AmazifeaturedIsukuKayonza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Yishimira Ko Kwagura Amarembo Byafashije Abanyarwanda Kwiga Imahanga
Next Article Rwanda: Batandatu Bapfiriye Mu Kiyaga Cya Mugesera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?