Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kayonza: Yishe Umwana Yareraga Atarabyaye Nawe Ariyahura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kayonza: Yishe Umwana Yareraga Atarabyaye Nawe Ariyahura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 October 2023 10:08 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza haravugwa inkuru y’umugabo wishe umwana w’imyaka ibiri yareraga ataramubyaye ahubwo ku bw’uko yabanaga na Nyina, nawe ahita yimanika mu giti.

Ababibonye bavuga ko uriya mugabo yakoze ayo mahano nyuma y’uko  abandi bagabo bamucyuriye ko arera abana batari abe.

Uwihayuye yari afite imyaka 25 y’amavuko, akaba yari atuye mu Mudugudu wa Gakoma, Akagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza.

Ubu bwicanyi bwabaye nyuma y’uko abaturanyi baje kumenya ko umwana uriya mugabo yareraga ndetse n’uwo umugore we yari atwite atari abo uwo mugabo nyirizina.

Abaturage bo muri ako gace bavuga ko umugore yari yarasezeranye n’umugabo ko atizegera agira uwo ahingukiriza ko abo bana ari ab’undi mugabo.

Icyakora ibana ryaramunaniye kurihisha igihe kirekire aza kurimena.

Uwo mugore yageze ubwo atangira kubwira abaturanyi ko abo bana bombi atari ab’uwo mugabo.

Ntibyatinze abagabo bo muri ako gace ngo batangiye kujya bannyega uriya mugabo ngo arera abana batari abe.

Byamuteye ipfunwe bituma agera ubwo yica umwana nawe arimanika arapfa.

Nyuma yo kwica uwo mwana yasize yanditse urwandiko rusaba umugore we kudatungurwa n’ibyo ari bubone, arangije ahita ajya kwimanika.bimutera ipfunwe yica umwana umwe ndetse na we ariyahura.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murundi witwa  Gashayija Benon, yabwiye itangazamakuru ko basanze yishe uwo mwana ndetse na we yimanitse ku giti ariko asiga  inyandiko ebyiri harimo urwo ‘yasize ku mwana’ n’urwo ‘yishyizeho.’

Urwandiko yashyize kuri uwo mwana yishe rwamenyeshaga umugore we ko adakwiye gutungurwa n’ibyo yabonye.

Urwo yishyizeho rwavugaga ko ‘akazica umuntu kamubungira’ ashaka kuvuga ko uriya mugore ari we wamuteye kwiyahura.

Ikindi ni uko babanaga mu buryo butemewe n’amategeko kuko batigeze basezerana.

Uwiyahuye kandi ngo yari amaze igihe gito yimukiye mu Murenge wa Murundi kuko mbere yabaga mu murenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo.

TAGGED:featuredGatsiboKayonzaUmugaboUmugorem AriyahuraUmwana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umukozi Wa RSB Yafatanywe Ruswa Ya Miliyoni Frw 25
Next Article Buri Mwaka Hagiye Kujya Hataha Abantu 2000 Barangije Igifungo Kubera Jenoside
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?