Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kazungu Agiye Kuburana Mu Mizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kazungu Agiye Kuburana Mu Mizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2024 1:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Denis Kazungu wiyemereye mu iburanisha ry’ibanze ko yishe abantu bagera ku 10 kuri uyu wa Gatanu aratangira kuburana mu mizi. Ni urubanza rutegerejwe na benshi kubera uburyo ibyaha uyu mugabo aregwa byakuye umutima Abanyarwanda benshi.

Kazungu Denis ukurikiranyweho kwica abantu 14 biganjemo ab’igitsinagore ariko ubushinjacyaha buvuga kuri uyu wa Gatanu azaburana, by’umwihariko, ku cyaha cyo gusambanya abagore ku ngufu.

Uyu mugabo yari amaze iminsi 60 afunzwe by’agateganyo kuko nyuma yo kurangiza iminsi 30 ya mbere, habayeho kumwongera indi kubera ko ubushinjacyaha bwavugaga ko bugikora iperereza ku byaha byinshi kandi biremereye bumurega.

Kuri uyu wa Gatanu nibwo azagezwa imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Nyuma yo kuburana ku cyaha cya mbere aregwa cyo gusambanya abagore ku ngufu, biteganyijwe ko taliki 12, Mutarama, 2024 azaburana ku kindi cyaha cy’ubwicanyi.

Kazungu aregwa ibyaha 10 birimo ubwicanyi buturutse ku bushake, iyicarubozo, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, guhisha umurambo w’undi muntu, gukoresha ibikangisho n’itwarwa n’ifungiranwa ry’umuntu.

Akurikiranyweho ubujura bukoresheje kiboko, icyaha cyo konona inyubako utari nyirayo, inyandiko mpimbano ndetse no kugera mu buryo butemewe ku makuru abitswe muri mudasobwa.

Uyu musore w’imyaka 34 y’amavuko, yatawe muri yombi mu ntangiro za Nzeri, 2023.

Yari asanzwe atuye mu Kagari ka Busanza, Umurenge wa Kanombe mu Karere ka Gasabo

Ubwo yagezwaga imbere y’Urukiko aburana ku ifungwa ry’agateganyo, yemeye ibyaha byose akurikiranyweho, avuga ko abo bakobwa yabicaga kuko nabo babaga bamaze kumwanduza virusi itera SIDA.

TAGGED:featuredIyicarubozoKazunguKwicaNyarugenge
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Hari Kubakwa Inzu Mberabyombi Y’Imikino Itanu Ikinirwa Mu Nzu
Next Article Umuburanyi Yasimbukiye Umucamanza Wari Ugiye Kumukatira
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?