Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kazungu Denis ‘Ashobora’ Kongererwa Indi Minsi 30 Y’Igifungo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Kazungu Denis ‘Ashobora’ Kongererwa Indi Minsi 30 Y’Igifungo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 October 2023 3:53 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Denis Kazungu
SHARE

Amakuru Taarifa yamenye avuga ko ubushinjacyaha bwasabiye  uyu mugabo  ukurikiranyweho ibyaha byo kwica abantu 14 urw’agashinyaguro guhabwa indi minsi 30 y’igifungo kuko hari ibyo bugikoraho iperereza.

Ari hafi gusubira mu rukiko mu kuburana kuri ubwo busabe bundi.

Muri iki gihe afungiye muri Gereza ya Mageragere ku cyemezo cy’urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwategetse ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo bikaba byaremejwe ku wa 21, Nzeri, 2023.

Mbere y’iminsi  ibiri ngo iyo 30 yari yakatiwe by’agateganyo irangire,( ni ukuvuga ku wa Gatatu no ku wa Kane),  amakuru avuga ko ubushinjacyaha bwatanze ikindi kirego mu Rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro busaba ko Kazungu Denis yongererwa indi minsi 30 yo gufungwa.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ibi ariko nabyo bigomba kuburanwa, urukiko rukabifataho umwanzuro.

Biteganyijwe ko iburana kuri iyi ngingo rizaba kuri uyu wa Kane taliki 26, Ukwakira, 2023.

Birasanzwe ko itegeko rigenga imiburanishirize y’imanza nshinjabyaha ryemeza ko icyemezo cy’uko ukurikiranyweho icyaha afungwa by’agateganyo kimara iminsi 30 habariwemo umunsi cyafashweho.

Mu gihe iyo minsi irangiye, biba bishoboka ko hakongerwaho indi minsi 30…

Ubushinjacyaha buba bugomba gusobanurira urukiko impamvu z’ubwo busabe, n’ubusobanuro by’icyakozwe mu minsi 30 ya mbere bijyanye n’iperereza  ndetse n’icyo bavuga kizakorwa muri icyo gihe cy’inyongera nikiramuka cyemewe.

- Advertisement -

Kongererwa iminsi 30 bikorwa gusa ku bantu bakurikiranyweho ibyaha bikomeye.

Ubwo hafatwaga icyemezo cyo gufunga Kazungu Denis by’agateganyo, umucamanza yavuze ko Urukiko rwafashe uyu mwanzuro nyuma yo gusanga ‘hari impamvu zikomeye’ zituma Kazungu akekwaho ibyaha icumi.

Ni ibyaha byo kwica umuntu biturutse ku bushake, uyu kandi nawe akaba yarabyiyemereye.

Indi mpamvu rwashingiyeho ngo ni uko ubwo Kazungu yaburanaga ku cyemezo cy’ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo atigeze agaragaza ukwicuza kuri ibi byaha by’ubwicanyi yiyemerera.

Ibyo byaha 10 akurikiranyweho ni ubwicanyi buturutse ku bushake, iyicarubuzo, gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, guhisha umurambo w’undi muntu, gukoresha ibikangisho n’itwarwa n’ifungiranwa ry’umuntu,  ubujura bukoresheje kiboko, icyaha cyo konona inyubako utari nyirayo, inyandiko mpimbano no kugera mu buryo butemewe ku makuru abitswe muri mudasobwa.

Ku rundi ruhande ariko ubwo Kazungu yabazwaga ku cyaha cy’ubwicanyi, yiyemereye ko yishe abantu 14 barimo abigitsinagore 13 n’umuhungu umwe.

Ubwo yari imbere y’Urukiko Kazungu Denis yavuze ko abo bakobwa yabishe kubera ko nawe bamwanduje Virus itera SIDA.

Ubwanditsi bwa Taarifa bwagerageje kuvugisha Faustin Nkusi nk’Umuvugizi w’Ubushinjacyaha bukuru bwa Repubulika ngo agire icyo atubwira ku mpamvu zatumye basaba ko igifungo cy’iminsi 30 cyagenewe Kazungu cyakongerwaho indi minsi nk’iyo ariko ntiyashoboye kwitaba telefoni ye.

Urubanza rwa Kazungu Denis ruri mu manza zikomeye zizaranga umwaka wa 2023 kubera ubukana bw’ibyaha aregwa ndetse n’uburyo yitwaye muri rwo.

TAGGED:featuredKazunguKicukiroUbushinjacyahaUbwicanyiUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Etage Ya Cyenda Ya ECOBANK Yahiye
Next Article Perezida Kagame Ari Muri Arabie Saoudite Mu Nama Yiga Ejo Hazaza H’Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaMu Rwanda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?