Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya: Batatu Mu Baje Gusezera Kuri Odinga Barasiwe Kuri Stade
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaPolitiki

Kenya: Batatu Mu Baje Gusezera Kuri Odinga Barasiwe Kuri Stade

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 October 2025 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Abaturage babyigana bashaka aho bihisha nyuma yo kumva amasasu. Ifoto: AFP
SHARE

Umuryango uharanira uburenganzira bwa muntu muri Kenya witwa Vocal Africa watangaje ko Polisi ya Kenya yarashe mu kivunge cy’abaje gusezera kuri Raila Odinga, batatu bagapfa.

Abo bantu bahuriye kuri imwe muri Stade nini z’i Nairobi baje gusezera ku murambo w’umunyapolitiki ukomeye wo muri Kenya uherutse kugwa mu Buhinde witwa Raila Odinga.

Umurambo wa Raila Odinga washyizwe aho hantu ngo abantu baze bawurebe mbere y’uko ushyingurwa mu mpera z’iki Cyumweru.

Mbere y’uko uhashyirwa, wabanje kuzanwa ku kibuga cy’indege gusa ubwinshi bw’abaturage bwatumye uhavanwa ujyanwa muri Stade ya Kasarani, ikaba nini kurusha izindi muri iki gihugu kuko ishobora kwakira abantu barenga 50,000.

Ubwo abantu bari bamaze kwinjira muri iyo stade ari uruvunganzoka, abapolisi barashe amasasu n’imyuka iryana mu maso, gusa BBC yanditse ko Polisi ya Kenya itarasobanura icyayiteye gukoresha izo mbaraga.

Odinga ni umunyapolitiki wamaze igihe kirekire atavuga rumwe n’ubutegetsi bwategetse Kenya guhera igihe Daniel Arap Moi yategekaga kuko yigeze no kumufunga.

Kuva icyo gihe kugeza ubwo yatabarukaga afite imyaka 80, yari akiri mu batavuga rumwe na Leta ndetse ari nawe ukomeye kubarusha.

Yiyamamaje inshuro eshanu ngo abe Perezida wa Kenya ariko aratsindwa.

Yanatsinzwe kandi mu matora yo kuba Perezida wa Komisiyo y’Afurika yunze ubumwe, uyu mwanya wegukanwa na Mahmoud Ali Youssouf ukomoka muri Djibouti.

Ku byerekeye urupfu rw’abari baje gusezura Odinga, Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, bivuga ko ari babiri mu gihe KTN News yo yemeza ko ari bane.

Visi Perezida wa Kenya Kithure Kindiki niwe washinzwe kuyobora ibintu byose bijyanye no gushyingura uyu munyacyubahiro wapfuye azize guhagarara k’umutima ubwo yari mu Buhinde kwivuza amaso.

TAGGED:AmasasuKenyaOdingaPolisiStadeUrupfu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyaburayi Babwiwe Ibyiza Bazasanga Mu Rwanda Nibarusura
Next Article Hamas Yavuze Ko Abo Yabonye Bose Yabashyikirije Israel
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Ubuhinde: Igitero Cy’Iterabwoba Kishe Abantu Umunani 

Yabyariye Mu Modoka Y’Abagenzi Ijya Rubavu

Sarkozy Agiye Kurekurwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

You Might Also Like

Mu mahanga

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Imidugararo Y’Amatora Muri Cameroun Yatumye Ibiciro Muri Centrafrique Bizamuka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC Yishimiye Isinywa Ry’Imikoranire N’u Rwanda Mu Majyambere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?