Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kenya Igiye Gusubukura Ibiganiro Na Uganda Ku Bucuruzi Bw’Amata
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubucuruzi Mpuzamahanga

Kenya Igiye Gusubukura Ibiganiro Na Uganda Ku Bucuruzi Bw’Amata

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 March 2022 11:44 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’ibiganiro byagiye bitangirwa ariko bigapfuba, hari amakuru avuga ko inzego z’ubucuruzi hagati ya Kenya na Uganda zigiye gusubukura ibiganiro ku buhahirane bw’amata.

Ni ibiganiro biteganyijwe gutangira muri Werurwe, 2022 nk’uko The East African yabyanditse.

Umuyobozi muri Kenya ushinzwe ubworozi witwa Harry Kimtai avuga ko Nairobi yagejeje kuri Kampaka gahunda y’uko biriya biganiro bizagenda.

I Nairobi kandi bavuga ko bari gusesengura ibyo basabwe na Kampala byazagenderwamo muri biriya biganiro.

Kimtai ati: “ Turi gutegura urugendo i Kampala ruzakorwa n’itsinda ryacu rizajya kureba niba ibintu byose byarashyizwe ku murongo kugira ngo ibiganiro bigamije gukuraho inzitizi mu buhahirane bw’amata hagati yacu nabo bicyemurwe rimwe na rizima.”

Kenya yari isanzwe ishinja Uganda ko abacuruzi bayo bakura amata mu bindi bihugu ari ifu, bayageza i Kampala bakayakoroga bakayavangavanga yamara gusa n’amata asanzwe bakapfunyika bakayohereza muri Nairobi.

Ibiganiro hagati y’ibihugu byombi kuri iyi ngingo byasubitswe kenshi mu mwaka ushize.

Ibiheruka byagombaga kuba taliki 25, Mutarama, 2022 birasubikwa.

Bivugwa ko ibaruwa yamenyeshaga Kenya iby’iriya nama yatinze kugera muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga.

Nyuma baje kwemeranya ku yindi taliki inogeye ibihugu byombi.

Itsinda ry’abaturage bazava muri Kenya rizaba rizagizwe n’abacuruzi, abakora kuri gasutamo n’abahanga mu butabire.

Hagati aho kandi  Kenya yari imaze igihe yarahagaritse gutumiza inkoko n’amagi byo muri Uganda.

Icyakora mu mwaka ushize ibiganiro hagati y’ibihugu byombi byaje gusubukurwa ndetse inkoko, amagi, isukari n’amafi byo muri Uganda birakomorerwa.

Amakimbirane mu by’ubukungu hagati ya Kampala na Nairobi si ay’ ejo.

Kenya na  Uganda bisa n’ibihora mu makimbirane mu by’ubucuruzi.

Mu Ukuboza, 2019 nibwo Kenya yakomanyirije amata yitwa Lato atunganyirizwa muri Uganda.

Umwaka wakurikiyeho ni ukuvuga muri Nyakanga, 2020, Kenya yarongeye ikomanyiriza isukari ya Uganda, ibikora nta gihe kinini gishize hasinywe amasezerano yo kongera ibyo Uganda yoherezaga muri Kenya.

Nk’aho iryo komanyirizwa ritari rihagije, Kenya ntiyarekeye aho ahubwo yahise ibuza n’inkoko cyangwa amagi biva muri Uganda kwinjira ku isoko ryayo.

Abashinzwe ubukungu muri Kenya bavuga ko ibikorerwa muri Uganda biba butujuje ubuziranenge, bityo ko babikumira ku isoko ryabo kugira ngo bidahumanya abaturage bayo.

Mu Ugushyingo, 2021 itsinda ry’abayobozi muri Kenya ryasubitse uruzinduko rw’akazi ryari bugirire i Kampala hagamijwe kuganira na bagenzi babo uko ikomanyirizwa ry’amata n’isukari byo muri Uganda ryakurwaho.

Muri iyi ntambara, Uganda niyo ihakubitirwa kuko Kenya yo irakize cyane n’ubwo abaturanyi batabura guhahirana.

TAGGED:AmatafeaturedKenyaUbucuruziUganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umufaransakazi Yatangiye Kuburanishwa Ku Guhakana Jenoside Yakorewe Abatutsi
Next Article Umunyemari Ushakishwa n’u Rwanda Yitabaje Urukiko Rukuru Rwa Kenya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?